Home Blog Page 925

Menya byinshi ku mashini izibura inzira y`ubuhumekero bw`abarwayi (Suction machine/aspirator/Aspirateur)

0

Bakunzi burubuga amarebe.com, nkuko twabibonye munkuru zacu zabanje, nyuma yuko umurwayi amaze kubonana na muganga hari ibikorwa byinshi by`ubuvuzi uwo murwayi akorerwa bitewe n`uburwayi muganga yamusangaye.

Ibyo bikorwa byose biba bigamije gukiza burundu, kugabanya cyangwa se no gukingira ubuzima bwumurwayi hifashishijwe ibikoresho ndetse ndetsen`ama mashini y`ikorana buhanga nkuko tuzakomeza kuyaganiraho munkuru zacu zizakurikiraho.

Muri iyi nkuru, urubuga rwanyu rwabateguriye byinshi kumashini izibura inzira zubuhumekero bw`umurwayi ariyo yitwa suction machine,suction pump,aspiarteur nayandi mazina anyuranye mundimi zamahanga.

Urugero rwa suction machine

Iyi rero akaba ari imashini yifashishwa mugukura imyanda cyangwa se ibindi bintu byose bishobora kwitambika munzira y`ihumeka nk`ibirutsi,amacandwe, ibikororwa, amaraso n`ibindi kugirango umurwayi abashe guhumeka neza kandi hanarindwe ibihaha bye kuba byakwandura indwara zitandukanye.

Iyi mashini kandi ntikoreshwa gusa mugutunganya inzira z`ihumeka ahubwo inafite akamaro kanini muma servise yandi arimo nk`ibyumba byo kubyariramo, servise yita kundwara zomumuhogo, mubuvuzi busaba kubaga umurwayi (Surgery) aho yifashishwa mugukura cyangwa se kugabanya amaraso arimo kuva aho muganga aba arimo kubaga kugirango icyo gikorwa kirusheho kugenda neza ndetse ikaba ishobora no gukoreshwa mukuvoma amaraso yaba yayobye nk`igihe cy`impanuka cyangwa se ikindi gihe kidasanze.

Ibi byose rero, iyi mashini ibikora yifashishije moteri yayo ikoreshwa n`amashanyarazi hanyuma igakaraga  pompe/pump ntoya nayo itanga umwuka uri munsi ya zero (Negative pressure/vaccum cyangwa se pression negative mundimi z`amahanga)  ukaba ari nawo ufasha iyi mashini gukurura ya myanda, amaraso n`ibindi byose byabangamira ihumeka ikabishyira mugikombe cyabugenewe hanyuma ikaza kujugunywa.

Kuberako iyi mashini yitabazwa cyane cyane kubarwayi barembye, usanga ishobora kuba yakoresha amashanyarazi asanzwe yo kurukuta cyangwa se ikaba yanagira batiri (battery/Batterie) kugirango ibe yanakwifashishwa mugihe umuriro udahari.

Murwego rwo guhora iteguye kuba yakwifashishwa bitunguranye, nibyiza ko abakozi bashinzwe kwita kubikoresho byo kwamuganga (Biomedical Technicians/Engineers) bafatanije nabaforomokazi bakora imirimo itandukanye kandi kuburyo buhoraho nkuko igaragara hasi:

Mugihe iyi mashini ifite batiri: Iyimshini igomba guhora kumuriro (Charger) igihe itarimo gukoreshwa kugirango itazakenerwa nyamra yashizemo umuriro.

Guhora ureba ko umugozi w`umuriro ucometse neza

Guhora ureba niba imbaraga zo gukurura zitajya zigabanuka.

Kwita cyane kubindi bikoresho byunganira iyi mashini kugirango ikore neza (accessories)

Guhora uhanagura iyi mashini ukoresheje imiti yabugenewe cyane cyane nyuma yokuyikoresha kumurwayi umwe na mbere yo kuyijyana kuwundi kugirango ukumire indwara zandura.

Guhoza iyi mashini ahantu hagaragara kandi hashobora kugerwa  muburyo bworoshye mugihe ikenewe bitunguranye.

 

 

Inama 11 z`uburyo wasinzira neza

0

Bakunzi burubuga amarebe.com, nyuma y`imirimo tuba twiriwe dukora buri wese muri twe aba akeneye umwanya wokuruhuka bihagije kugirango azashobore gukomeza imirimo ye neza mumunsi ukurikiyeho.

Ikibabaje nuko nubwo twese tuba tubikeneye, usanga hari abatabigeraho kubera kutamenya uburyo bukwiriye umuntu akoresha bugatuma asinzira neza. Muri iyi nkuru, twifashishije imbuga zitandukanye twabateguriye inama 10 wakurikiza ugasinzira neza uko ubyifuza.

Ifoto yakuwe kuri murandasi
  1. Kudafata ibinyobwa birimo kafeyine (Cafeine) nimugoroba.

Nubwo ibi bishobora kubangamira abakunzi batari bake b`ibi binyobwa, nibyiza ko twirinda kubifata cyane cyane nyuma ya saa kumi n`ebyili z`umugoroba aho tuba twitegura kujya kuryama. Aha twavugamo nka coca cola, ikawa ndetse n`ibindi byo muri uwo muryango kuko byongera igihe cyo kuba maso bikagabanya igihe cy`ibitotsi. Icyakora abahanga mumirire bakomeza batugira inama yo kuba twabisimbuza amata y`akazuyazi.

2. Kudakora imyitozo ngorora mubiri nimugoroba

Nubwo twese tubizi ko imyitozo ngorora mubiri ari ingirakamaro kubuzima bwacu, ariko nibyiza kuyikora mugitondo cyangwa se mukindi gihe cy`umunsi ariko ntikorwe mumugoroba. Impamvu y`ibi nuko guhera mumasaha ya samoya z`umugoroba ubushyuhe bw`umubiri butangira kumanuka bivuzeko umubiri uba witegura kuruhuka.

Igihe rero ukoze sport muri ayo masaha, byongera kuzamura bwa bushyuhe ndetse n`umubiri ukongera gukanguka mugihe wari ugeze igihe cyo kuruhuka. Igihe udashobora kubona umwanya wa sport kumanywa, ni byiza koga amazi y`akazuyazi ukarindira nibura amasha 2 mbere yo kuryama.

3. Gufata amafunguro yoroheje

Igogora rigoye ribangamira cyane imisinzirire yacu. Nibyiza rero gufata gusa amafunguro yoroheje igihe twenda kujya kuryama nk`ibirayi, imboga, ibinyampeke, amata y`akazuyazi arimo ubuki n`ibindi. Ikindi twakongeraho nuko aribyiza cyane gufata aya mafunguro nibura mbere yamasaha abili y`uko tujya kuryama kuko igogora naryo rizamura ubushyuhe bw`umubili.

4. Gukaraba amazi y`akazuyazi

Kuberako ubushyuhe mu mubiri buba bwatangiye kugabanuka nkuko twabibonye, hagarika kuzongera koga amazi ashyushye nijoro ahubwo ujye ukoresha amazi y`akazuyazi kugirango utarogoya urwo rugendo umubili wawe uba watangiye. Ibyiza amazi ntiyakagombye kujya heju’ru ya dogere 37.

5. Ugomba guha agaciro isaha yawe yo gusinzira

Abantu benshi ntibajya baha agaciro isaha yabo yo gusinzira bitewe nimpamvu zitandukanye zirimo amafilimi,gusoma ibitabo cyangwa rimwe narimwe bigaterwa nibiganiro waba ufitanye n`inshuti.

Kuberako nkuko tubibwirwa n`inzobere muby`umubiri w`umuntu, ibitotsi byishyira kumurongo mugihe kigera ku isaha n`igice, ubwo ni cyagihe wumva urimo gusinzira cyangwa se amaso ubwayo ukumva aremereye. Ningombwa kutarenza icyo gihe kugirango utaza kubura ibitotsi. Ikindi kandi nibyiza kugerageza kubyukira isaha imwe burigihe.

6.Kwitondera ibyuma by`ikoranabuhanga

Nubwo iki nacyo gisa nkaho kibaye ikizamini kubantu benshi kuko usanga mbere yokuryama abatari bakeya baba bari kuri za telefone, kuri za mudasobwa, kuma television nibindi, nibyiza guhagarika ibi byuma byose nibura mbere y`isaha imwe yuko tugana kuburiri bwacu ndetse ntibyinjire narimwe mucyumba turyamamo kuko ibi byuma byose bitanga urumuri rwibara ry`ubururu ribangamira cyane ibitotsi byacu.

7. Iyibagize ibyo wiriwemo

Nkuko twabivuze tugitangira, tuba twiriwe mumirimo inyuranye kandi birumvikanako hari ibibazo wenda uba wahuriyemo nabyo cyane cyane ibyo utarangije. Nibyiza nibura nk`isaha imwe mbere yo kuryama ko wiyibagiza ibyo byose ahubwo ugakora icyo ukunda nko gusenga, kumedita (meditation), gusoma inkuru ukunda, kuririmba nibindi….kandi ukirinda kuba wavugana nabi n`abo mubana.

8. Ubaha icyumba uryamamo

Nibyiza kumenya no kubaha akamaro k`icyumba turyamamo. Ni icyumba cyo gusinziriramo no gukoreramo iby`urukundo kubashakanye, si icyumba cyo gukoreramo akazi n`ibindi. Tubibutseko imisemburo y`urukundo igira uruhare runini mukugabanya umusemburo witwa cortisol utera stress bityo umuntu akabasha kuruhuka neza.

9. Ita kubushyuhe bw`icyumba cyawe.

Ubundi bigukundiye, nibyiza kurara mucyumba gifite ubushyuhe bugera kuri dogere 19 ndetse ukanarara wiyoroshe  cyane cyane kumaguru kuko bifasha cyane itembera ryiza ry`amaraso bikanoroshya cyane gusinzira.

10. Kuraho urumuri n`urusaku

Kugirango usinzire neza, nibyiza gukuraho urumuri rwose rwagera mucyumba uryamyeho. Ibi wabigeraho wita kubwoko bw`ama rido yijimye ndetse no kuzimya amatara igihe ugiye kuryama. Ugomba kandi kwita kumutuzo mucyumba cyawe igihe ugiye kuryama. Niba nk`abaturanyi bawe bashobora kukubangamira cyangwa se uwo murarana akaba agona cyane, ningombwa gushaka udupfuka matwi kugirango ubashe kugabanya urusaku.

11. Gerageza kugira ibiryamirwa byiza

Nkuko twese twahita tubyumva, ntabwo byoroshye kuba wasinzira neza igihe uryamye kuburiri nabwo butameze neza nka matera ishaje. Ubundi matera ntiba igomba kurenza imyaka 10 itarahindurwa. Aha nawe wahita wibaza imyaka matora yawe imaze!!!

Amakosa ugomba kwirinda mugihe ushyira umuriro muri telephone yawe

0

Uko iminsi igenda itambuka niko telefone irushaho kuba igikoresho kimenyerewe kandi gikoreshwa nabenshi mubice byinshi by`isi ndetse no mugihugu cyacu cy`u Rwanda ari nako irushaho koroshya akazi kacu kaburi munsi ndetse no kongera ubusabane ndetse nihanahana ryamakuru.

Muri iyi nkuru, amarebe.com yabateguriye amakosa atandukanye tugomba kwirinda mugihe dushyira umuriro muri telefone zacu (Ibyo twita gucaginga/Chargement cyangwa se charging) murwego rwo gukomeza kubungabunga imikorere myiza y`icyo gikoresho cy`ingirakamaro.

Amwe mumafoto yakuwe kuri murandasi

1. Murwego rwo kutangiza batiri ya telefone yawe igihe ikiri nshyashya, nibyiza kubanza ukayicaginga ikuzura neza mbere yuko utangira kuyikoresha kuko ubundi telefone ikora neza igihe ifite umuriro uri hejuru ya 40% ariko utarenze 80%2.

2. Sibyiza gukoresha telefone yawe igihe iri kumuriro kuko uretse no kuba bishobora kugira ingaruka mbi kubuzima bwawe kubera ubwinshi bw`imbaraga zitwa radiations, ariko binatuma batiri yawe ishyuha cyane kuberako biyitwara umwanya munini mukuzura.

3. Ntukwiriye gukoresha chargeur ubonye iyo ariyo yose mugushyira umuriro muri telefone yawe kuko bishobora kukwangiriza batiri bitewe nuko imbaraga za chargeur urimo gukoresha zishobora kuba zitandukanye n`izo batiri yawe ikeneye. Ibyiza ni ugukoresha chargeur y`ubwoko bumwe na telefone yawe.

4. Ntukwiriye kugira ubwoba bwo kongera umuriro muri telefone yawe igihe cyose ubonye wagabanutse, aho kurindirako ubanza gushiramo .

5. Kutaraza telefone yawe kumuriro kuberako ibi bishobora gutuma yuzura cyane nyamara batiri ikora neza iyo ifite umuriro utarenze 80% nkuko twabivuze haruguru. Ibi bikaba byongera amahirwe yo kumara igihe kinini kwa batiri.

6. Ntukwiriye kwemera ibitekerezo bya bamwe bavuga ko gushyira batiri za telefone zabo mubyuma bikonjesha bituma zimara igihe kinini bakirengagizako ahubwo bishobora kukwangiriza telefone bitaretse no kuba byaguteza impanuka ziturutse kumashanyarazi

7. Ntukwiriye gusiga chargeur yawe kumuriro mugihe nta telefone yawe iriho kuko bishobora kuguteza impanuka nk`igihe iyo chargeur ikoze mumazi

8. Reka kwemera ibitekerezo byabamwe bavugako gukoresha internet byica batiri. Nibyo koko hari ibyo dukoresha telefone zacu bikazisaba gukoresha ingufu nyinshi byanatuma umuriro washira vuba, ariko ukwiriye kumenyako uko washira ukoresheje internet arinako washira wumvise umuziki cyangwa se wayikoresheje indi mirimo itandukanye.

9. Murwego rwo gukoresha neza batiri yawe, nibyiza ko ufunga porogaramu zimwe na zimwe utarimo gukoreshwa muri uwo mwanya zirimo nka bluetoth, GPS, Wi-Fi n`izindi

10. Gerageza urinde telefone yawe kujya ahantu hakonje cyane cyangwa se hashyushye cyane kuko nabyo bigira ingaruka mugushiramo umuriro vuba.

Ibitangaje biba mu isanzure (Mu kirere): Igice cya mbere

0

Bakunzi b`urubuga amarebe.com, si ubwambere twumvise ijambo isanzure  abenshi bakunze kwita ikirere,ndetse biranashoboka ko waba warahuye naryo kenshi yaba mumashuli cyangwa se no munyandiko zitandukanye.

Ariko se  muby`ukuri isanzure ni iki kandi ibiribamo ni ibiki?

Ubundi tugenekereje, isanzure ni uruhurirane rw`ikirere n`ibikirimo uko ibihe bigenda bisimbura. Nkuko tubikesha inyandiko zitandukanye, ntabwo byoroshye kuba hapimwa ingano y`isanzure icyakora hashobora gusa kumenyekana ubunini bw`ibiribamo nk`imibumbe itandukanye, inyenyeri, imbaraga zitandukanye ziribamo n`ibindi.

Muri iyi nkuru, urubuga amarebe.com rwabegeranirije amakuru atandukanye kuri imwe mumibumbe (nka bimwe biba mu isanzure) arimo nk`ubunini bw`imwe muri yo, uburemere, inkomoko y`amazina yayo n`ibindi:

1. Umubumbe CERES:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Ubundi CERES ni ikibuye gifatwa nk`umubumbe uruta iyindi mucyiciro cy`imibumbe mitoya, kiboneka hagatai y`umubumbe wa Mars n`uwa Jupter. Iki kibuye kikaba gifite umurambararo ugera kuri Km 945 kikanaba kumwanya wa 33 mumibumbe izwi igaragiye izuba.

2. Ukwezi:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Ukwezi nako ni umubumbe uzenguruka isi kukaba ari nako gufatwa nk`icyogajuru rukumbi karemano kandi gihoraho ndetse kukanaza kumwanya wa gatanu mubunini mubyogajuru karemano bigaragiye indi mibumbe. Nkuko tubikesha imbuga zitandukanye, bivugwako ukwezi kwaba kwarabayeho guhera mumyaka Miliyari 4.51 ishize (nukuvuga nyuma gatoya yokubaho kw`isi) guturutse kubisigazwa byo gusekurana gukomeye bivugwako kwabayeho hagati y`isi n`umubumbe wa Mars.

Ukwezi kandi kukaba gufite umurambararo ugera kuri Km 3 500.

3. Umubumbe Callisto:
Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Callisto ni umubumbe ufatwa nk`icyogajuru karemano  kigaragiye umubumbe wa Jupiter, kikaba cyaravumbuwe mumwaka wa 161o n`umuhnga witwa Galiee, ukaba ufite umurambararo ugera kuri Km 4 800.

4. Umubumbe wa Mercure

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Uyummubumbe, niwo mubumbe mutoya kurusha indi yose mumibumbe igaragiye izuba ukaba ufite umurambararo ungana na Km 4 900.

5.Umubumbe Mars:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Uyu mubumbe ufite Km zigera kuri 6 800 z`umurambararo, ukaba uza kumwanya wa kane mumibumbe yitaruye izuba ukaba kandi kumwanya wa kabili mumibumbe iremereye kurusha iyindi.

Ikindi ni uko uyu mubumbe ufite byinshi uhuriyeho n`umubumbe dutuyeho nk`ubutaka, ibirunga ndetse n`umusozi munini witwa Olympus Mons ukaba ubarizwa kuri uyu mubumbe .

6.Umubumbe Venus:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Uyu mubumbe nawo ni umwe mumibumbe irangwaho ubutaka ukaba kumwanya wa kabili mukwitarura izuba ndetse no kumwanya wa gatandatu mukutaremera cyane. Uyu mubumbe ukaba ufite umurambararo ungana na Km 12 000 bikaba binavugwa yuko witiriwe ikigirwamanakazi cya kera cy`abaromani.

7. Umubumbe w`isi:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

 Isi nayo ni umubumbe umwe mumibumbe igaragiye izuba, ikaba kumwanya wa  gatatu mukwitarura izuba ndetse ikaba ariyo mubumbe uremereye kurusha indi mibumbe yose igizwe n`ubutaka. Isi ari nayo mubumbe dutuyeho ikaba ifite umurambararo ugera kuri Km 13 000.8.

8.Umubumbe Kepler:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Uyu mubumbe ni umwe mumibumbe izenguruka undi mubumbe/Inyenyeri  utari izuba, aribyo byitwa exoplanète cyangwa exoplanet mundimi z`amahanga kuko uzenguruka umubumbe witwa Kepler 22.

By`umwihariko, uyu akaba ariwo mubumbe wambere wavumbuwe mugace kisanzure gaherereyemo inyenyeri ntoya hakoreshejwe ibyuma by`ikoranabuhanga rikomeye byitwa Telescope spatiale Kepler cyangwa se Kepler Space Telescope  mundimi z`amahanga. Uyu mubumbe ukaba ufite umurambararo ugera kuri Km 30 000.

9. Umubumbe NEPTUNE:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Uyu ni  umubumbe uri kumwanya wa munani mumibumbe igaragiye izuba akaba ari nawo uheruka iyindi  mukwitarura cyane  izuba ukanagira umurambararo ugera kuri Km 50 000

10. Umubumbe URANUS:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Umubumbe wa Uranus ni umubumbe uza kumwanya wa karindwi mukuba kure y`izuba, ukaba kumwanya wa gatatu mubunini ndetse no kumwanya wa kane muburemere  mumibumbe igaragiye izuba.

Inyandiko zitandukanye zivugako iri zina warikomoye kukigirwamana cy`ikirere mumateka y`abaroma kikaba se wa saturne ndetse na sekuru wa Jupter ndetse ayo mazina nayo akaba yaritiriwe indi mibumbe nkuko ikomeza ivugwa muri iyi nkuru! Uyu mubumbe ukaba ufite umurambararo ungana na Km 51 000.

11. Umubumbe Saturne

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Saturne ni  umubumbe uri kumwanya wa gatandatu mukwitarura isi mumibumbe igaragiye izuba   ukanagira umurambararo ugera kuri Km 120 000.

12. Umubumbe Jupter:

Imwe mumafoto yavanywe kuri murandasi

Umubumbe Jupter niwo mubumbe  munini mumibumbe igaragiye izuba ukaba no kumwanya wa gatanu mukwitarura isi. Uyu mubumbe kandi ukaba ufite umurambararo ugera kuri Km 140 000.

Bakunzi b`urubaga “amarebe.com” tubibutseko isanzure ritagizwe n`iyi mibumbe itangaje gusa ko ahubwo ririmo n`inyenyenyeri zitangaje ndetse n`ibindi bintu biteye amatsiko nk`uko tuzabirebera hamwe munkuru zacu zitaha.

Ibyo utigeze utekereza kumupira w`amaguru (Ballon/ball)

0

Ntagushidikanya ko umukino w`umupira w`amaguru uri mumikino ikunzwe kurusha indi ku isi yose na hano iwacu tutikuyemo.

Ubundi ijambo umupira w`amaguru  (football) rikomoka kumagambo abili y`icyongereza foot rivuga ikirenge na ball bivuga umupira. Bumwe mubuhamya ndetse n`inkuru bivuga ko uyu mukino ushobora kuba ukomoka mugihugu cy`ubushinwa mumyaka isaga ibihumbi 3 000 ishize aho wari umukino wa gisilikare bakinaga bifashishije umupira ukozwe muruhu rw`inyamaswa ndetse upakiyemo imisatsi cyangwa se amababa, bakaba baragombaga  kuwohereza mu izamu hakoreshejwe kuwurasa cyangwa se kuwuteresha intoki.

Icyakora nyuma y`impinduka nyinshi zagiye ziba kuri uyu mupira, amateka atwereka ko mu mwaka w`1923 umupira wibara ry`umweru watangiye gukoreshwa ahitwa Sao Paulo, mugihugu cya Brazil (nkuko tubikesha umuryango mpuzamahanga wita kuby`umupira w`amaguru FIFA) nyuma yo gusimbura umupira wibara rya marron.

Aha akaba ari naho batangiye kureba uko bakora umupira utinjiramo amazi igihe cy`imvura bikaba byawutesha ibipimo nyabyo nkuko turabibona hasi. Rwifashishije imbuga zitandukanye, urubuga amarebe.com rwabateguriye imiterere itangaje y`umupira ukoreshwa mumukino abantu beneshi bakunda ariwo umukino w`umupira w`amaguru.

Hagendewe kubipimo bya FIFA (Umuryango mpuzamahanga w`umukino w`umupira wamaguru), umupira ukoreshwa muri uyu mukino ugomba kuba ufite ibipimo bikurikira:

Urugero rw`umupira ukoreshwa ubu

a. Umuzenguruko ungana na cm 68 kugeza kuri cm 70

b. Umurambararo uri hagati ya cm 21,65 na  cm 22,29

c. Uburemere bungana na  garama hagati ya 410 kugeza kuri garama 450

d. Umwuka ufite Imbaraga (Pression) ziri hagati ya At 1.6 -2.1

e. Uyu mupira ukaba ugizwe nuduce tugera kuri 32 turi mumabara atandukanye ndetse rimwe narimwe turiho n`amazina y`ibigo bikomeye nka adidas n`ibindi.

Ibi byose bikaba bigomba kubanza kugenzurwa neza mbere y`uko uyu mupira ushyirwa ku isoko ngo ujye ukoreshwa mukibuga.

Ibintu 11 ushobora gukora amasengesho yawe yo kwiyiriza ubusa akagira akamaro

0
Ifoto yakuwe kuti murandasi

Gusenga ni ikintu kimwe usanga muri iyiminsi abantu benshi baha agaciro ndetse tutatinya kuvugako bamwe babirundukiyemo burundu kuburyo usanga abatari bakeya bagana insengero zitandukanye yaba kumanywa cyangwa nijoro abandi burira imisozi namashyamba, bakajya mubuvumo no mumazi gusengerayo, bagakora ingendo ndende n`amaguru ndetse abandi bakagira ibyo bigomwa nk`ibyo kurya (Aribyo benshi bita kwiyiriza ubusa), kubonana n`abo bashakanye n`ibindi bishobora gushimisha umubili wabo kugirango amasengesho yabo arusheho kubagirira akamaro.

Muri iyi nkuru, urubuga amarebe.com yabegeranirije ibintu 11 ushobora gukora amasengesho yawe yo kwiyiriza ubusa akarushaho kukugirira akamro:

1. Kugira intego y`amasengesho yawe.

Nkuko tubona ingero zitandukanye z`abantu bagiye bakoresha ubu buryo bwo gusenga, tubonako babaga bafite intego y`amasengesho yabo.

Aha twavuga nka Daniyeli warufite intego yo gusengera ubwoko bwabo aho bwari mumahanga kugirango buzave mubunyage, Esteri nawe yakoresheje ubu buryo bwo gusenga aho yari afite intego yo gusabira ubwoko bwabo ngo bureke kwicwa kuko umugabo bita Hamani yari yamaze kwemererwa kubwica.

Mose nawe yasenze yiyirije ubusa afite intego yo guhishurirwa no gusobanurirwa amategeko icumi y`Imana.

2. Kugira Kwizera

Nkuko ijambo ry`Imana ritubwira ko bidashoboka ko utizera yashobora kunezeza Imana kandi ko uwegera Imana agomba kwizerako iriho kandi igirira neza abayishaka.

Ujya kwiyiriza ubusa nawe agomba kubanza kwizerako Imana idaha agaciro kuba wiyicishije inzara, kuba wacitse intege kubera kutarya cyangwa ukaba watakaje ibiro byinshi, ahubwo ko Ireba kwizera wabikoranye.

3. Gushyira umutima wawe wose kumasengesho yawe (Concentration totale)

Mugihe cyo gusenga wiyirije ubusa, nibyiza gushyira umutima wawe wose kugikorwa cyo gusenga kabone n`ubwo waba urimo gukora indi mirimo nk`uko Mose nawe yagombye kwitarura abandi bantu akajya gusengera kumusozi, Yesu nawe akagomba kujya gusengera mubutayu.

4. Kwirinda ibyo wakundaga

Mugihe cy`amasengesho yo kwiyiriza ubusa, nibyiza kwirinda cyane gutwarwa n`ibyo wakundaga. Aha niho Bibiliya itubwira uko Daniyeli yanze kurya ibyo kurya by`ibwami ahubwo akifatira gusa amafunguro yorohereje mugihe yarimo asenga.

5. Kubahiriza amabwiriza yashyizweho (Modalites/Modalities)

Mugihe cyamasengesho yo kwiyiriza ubusa nibyiza gukurikiza amabwiriza yashyizweho mugihe wateguraga amasengesho yawe.

Ibi bishatse kuvuga kubahiriza igihe cy`amasengesho agomba kumara, uburyo uzayakora, ibyo wiyemeje uzareka mugihe cy`amasengesho, kutagira icyo ufata cyo kunywa no kurya cyangwa kimwe muribyo n`ibindi kuko bigaragaza gutinya Imana kwawe no kubaha icyo wiyemeje.

6. Kwihana

Mugihe cy`amasengesho yo kwiyiriza ubusa nibyiza kwiyeza nkuko Imana yasabye abisilaheli kubanza kwiyeza ndetse no gutunganya imyambaro yabo igihe bari bagiye kwegera umusozi. Ningobwa rero kubanza kwicuza no kwihana mbere yo gutangira aya masengesho.

7. Kugira urukundo

Mbere yo gutangira amasengesho yo gusenga utariye, nibyiza kubanza kubabarira abakugiriye nabi nkuko ijambo ry`Imana rivuga ngo utubabarire ibicumuro byacu nkuku natwe tubabarira abaducumuyeho.

Muri cyo gihe kandi, nibyiza kugira uwo uha amafunguro wari gufata aho kuyibikira ngo uzayafate nyuma yamasengesho!

8. Kugira ibyishimo.

Nibyiza gukora amasengesho yo kwiyiriza ubusa ubyishimiye ntushake kugaragariza abantu ko uri mubihe bikuremereye cyangwa se bimeze nk`igihano ahubwo ukishimira ko Imana yumva amasengesho yawe.

9. Kugira Ibanga

Sibyiza ko ubwira umuhisi n`umugenzi ko uri mumasengesho yo kwibuza ibyo kurya ahubwo ibyo ukora byose bimenywe na so ureba ahirereye.

10.  Kuba umwana w`Imana

Niba utarakira Yesu nk`umwami numukiza wawe ntiwakagombye gusenga wiyirije ubusa. Muyandi magambo wakagombye kubanza kwicuza no kwihana mbere yo gusenga wiyirije ubusa

11. Kwirinda mubyo uvuga

Kugirango amasengesho yawe yo kwiyiriza ubusa arusheho kukugirira akamaro , kurinda ururimi rwawe ni ingenzi cyane kuko muzi nezako amagambo menshi avamo ibiucmiro.

Ibiba kumuntu nyuma yuko apfuye

0
Ifoto yerekana uko bashyira umwirondoro ku umurambo muri morgue

Kimwe no kuvuka, gupfa nabyo ni ikintu gikomeye mubigize imibereho yacu. Abantu benshi muri twe usanga ubwoba butwishe ndetse tugasesa urumeza iyo dutekereje ko tuzapfa cyangwa se iyo tubwiwe  ibijyanye n`urupfu!!

Ikibabaje nuko hari umunsi umwe tutazi tuzumva inkuru mbi itubwirako umwe muri twe yatuvuyemo. Azaba ari nyuma yo kugerageza kw`abaganga baduha imiti itandukanye ngo tworoherwe, batwongerera umwuka munzu y`indembe, badushyira kubyuma bireba uko umutima utera ndetse nibindi bikorwa bitandukanye ariko uwo munsi bizaba ibyubusa.

Ubwo bizarangira umutima uhagaze gutera, amaraso arekere aho gutembera, ubwonko burekeraho gukora ndetse no guhumeka bibe birangiriye aho hanyuma baze bahumbike amaso maze umwe muritwe bamutwikirize ishuka yera umubiri wose. Ubwo azaba apfuye!

Ikibazo abasigaye bazaba basigaranye  ni ukwibaza ngo ni iki gikurikiraho nyuma yo gupfa?

Nubwo abantu bamwe baba batifuza kumva ibiba kumuntu igihe amaze kwitaba Imana, ariko hari n`abandi bifuza kubimenya. Kubafashe ayo mahitamo, twabateguriye bimwe mubiba kumuntu nyuma yo kwitaba Imana nkuko tubisanga mubice bikurikira:

Mu isaha yambere umuntu amaze gupfa:

Mu isaha yambere umuntu amaze gupfa umubiri w`umuntu utangira kugaragaza impinduka zitandukanye zirimo :

1. Kureguka kw`imitsi.

Iyo umuntu akimara gupfa, imitsi ye irareguka (primary flaccidity/flaccidité primaire) kuburyo ibice binyuranye by`umubiri  birimo amaso, inzasaya, ingingo zitandukanye nk`inkokora, amavi, intoki, ijosi n`ibindi bita imbaraga bisanganywe. Kubera uko gutakaza imbaraga kw`umubiri, usanga uruhu rw`uwitabye Imana ruhita rukweduka bigatuma amagufa asanzwe adatwikiriwe cyane n`umubiri munini arushaho kugaragara inyuma.

Tubibutseko umutima w`umuntu ushobora gutera inshuro zirenga Miliyari eshatu kumuntu ushoboye kubaho imyaka 80 kandi ukazengurutsa litiro zigera kuri 5.6 z`amaraso mubice byose by`umubiri. Nyuma gato rero y`ihagarara ry`umutima uruhu rw`umuntu witabye Imana rutangira kweruruka cyangwa se rugasa n`ibara rya rose kubantu basanzwe bafite uruhu rwera kuko amaraso aba atangiye gushira mudutsi dutoya tw`uruhu.

Muri ikigihe kandi umubiri utangira gukonja ukava kubushyuhe bwa degere 37  0C usanzwe ugira iyo ari muzima ukagera kuri dogere 25 0C kandi ubwo bushyuhe bugakomeza kumanuka uko amasaha agenda yiyongera.

Mu masaha 2 kugera kuri 12 umuntu amaze gupfa hakurikiraho izindi mpinduka zitandukanye kumubili w`umuntu witabye Imana zirimo izi zikirikira:

Kuberako umutima uba utagitera, ubwo amaraso nayo ntagitembera nkuko twabivuze haruguru, bityo umubiri utangira gukururwa nimbaraga karemano z`isi (gravity force)  kuburyo usanga igice cyo hasi cyatangiye kugira ibara ritukura kubera amaraso aba yamaze kwireka mo.

Uko amasaha akomeza kugenda yiyongera, ninako imitsi igenda irushaho kugagara uhereye ku ijosi, hagakurikiraho igituza, inda, amaboko n`amaguru ndetse no kugeza kuntoki n`amano.

Nyuma y`amasaha 12 umuntu amaze gupfa, imitsi yose yari yamaze kugagara, irongera igatangira kurekura no koroha cyane bitewe n`impinduka zitandukanye ziba zikomeje kubera mumubili imbere. ibi kandi bikaba bishobora kumara umunsi umwe kugera kuminsi itatu bitewe n`ubushyuhe, ubukonje cyangwa se n`indi miterere y`ahantu uyu mubili uri.

Muri iki gihe kandi niho umubiri utangira guhinamirana bigatuma inzara ndetse n`umusatsi bikura kandi noneho imitsi yose ikongera kugenda irekura kandi yoroha cyane uhereye kuntoki no kumano ukazamuka ukaza kugera no kumubiri wose.

Tubibutseko izi mpinduka nazo zishobora kugera mumasaha 48. Izimpinduka zose tumaze kuvuga iyo zirangiye, hakurikiraho ikindi kintu gikomeye aricyo gushwanyagurika kw`umubiri w`uwitabye Imana.(Decomposition).

Intambwe ya mbere mugushwanyagurika kw`umubili itangira umuntu akimara gupfa . Kuberako ntamaraso aba agitembera mumubiri, nukuvugako nta n`umwuka mwiza (oxygen ) uba ukinjira mumubili cyangwa se ngo haboneke uburyo bwo gusohora imyanda. Ibi bituma acide yiyongera mumubili ndetse n`ingirangingo zikangirika kugeza kurwego dutangira kubona ibyo twakwita udufuka turimo amazi umubili wose.

Ikinyabutabire cyitwa enzyme gitangira gukora imyuka itandukanye muri wa mubili, kuburyo umubiri utangira kubyimba cyane ndetse n`umwuka mubi ugatangira kumvika.

Iki gihe kandi ibice by`umubili byose byoroshye nk`imitsi, amara, uruhu… bihita bihinduka nk`amazi (Liquid) hagasigara gusa ibice bikomeye nk`amagufa, umusatsi n`ibindi ariko byo bikaba muby`ukuri ntagihe kizwi neza bimara kugirango nabyo bibe byahinduka ukundi.

Ibyo ugomba kumenya kundwara yo kumagara kw`imyanya ndagagitsina y`abagore

0

Kumagara kw`imyanya ndagagitsina yabagore (sécheresse vaginale/Vaginal dryness mundimi zamahanga) 

Bakunzi b`amarebe.com, munkuru zacu zabanje twabasobanuriye byinshi bijyanye no gucura kw`umugore. Muri iyi nkuru, twabateguriye ibisobanuro kundwara yo kumagara mumyanya ndanga gitsina y`abagore, ikiyitera, ibimenyetso biyiranga, uko ivurwa ndetse n`uko yakwirindwa.

Iyi ndwara ikunda kwibasira abagore ariko cyane cyane abageze mugihe cyo gucura, abagore bakiri bato (bagitangira kubyara) ndetse n`abatwite.

Iyi ndwara kandi igira  ibimenyetso biremereye ndetse binabangamira cyane uyirwaye ariko kandi iyo ivuwe ishobora gukira uwayirwaye akongera kugira ubuzima bwiza.

Kubera iki se abagore bamwe bagira ikibazo cyo kumagara mumyanya ndanga gitsina? 

Muri rusange, impamvu nyamukuru y`iki kibazo ni igabanyuka rikabije ry`umusemburo witwa oestrogènes usanzwe ugira uruhare rukomeye mukurema amatembabuzi atanga ubuhehere mumyanya ndanga gitsina cy`umugore ariko cyane cyane ukaba ugabanuka mugihe ageze igihe cyo gucura.

Uyu musemburo kandi akaba ari nawo ushinzwe gutandukanya imiterere y` ibitsina byombi ni ukuvuga igitsina gore n`igitsina gabo ndetse ukaba ari nawo  ukuza amabere y`umukobwa ugatuma ajya no mumihango igihe aba ageze mugihe cy`ubwangavu.

Kumagara kw`imyanya ndangagitsina y`abagore kandi gushobora guterwa n`izindi mpamvu zirimo isuku nkeya cyangwa ibikoresho bitizewe nk`amasabune n`ibindi, kwambara imyenda ibahambiriye cyane kandi kenshi, umunaniro uhoraho n`ibindi.

Ibimenyetso byo kumagara ko mumyanya ndangagitsina y`umugore

Kumagara kw`imyanya ndangagitsina y`abagore bishobora kugaragazwa n`ibimenyetso bitandukanye birimo ibi bikurikira :

  1. Ububabare ndetse no kubyimba kw`igitsina
  2. Kubabara mugihe cy`imibonano mpuzabitsina
  3. Kwishimagura kugitsina ;
  4. Guhinda umuriro mugitsina.

Inama zo kwirinda ikibazo cyo kumagara mumyanya ndagagitsina y`umugore

Murwego rwo kurwanya ikibaazo cyo kumagara mumyanya ndangagitsina y`umugore, inama zikurikira ni ingenzi:

– Kutanywa itabi kuko rigabanya ubuhehehere bwo mugitsina ;

-Kutambara imyenda iguhambiriye cyane

-Kutoza cyangwa kutoga mugitsina inshuro nyinshi cyane  kuko bishobora kugabanya ubwirinzi karemano bw`igitsina (flore Vaginale)

– Kudakoresha amasabune n`ibindi bikoresho by`isuku birimo ikinyabutabire pH mugihe usukura imyanya ndangagitsina.

– Kudafata imiti yose ubonye kereka gusa iyo wandikiwe na muganga

Ni gute iki kibazo kivurwa ?

Murwego rwo kurwanya iki kibazo, ni ngombwa cyane kurwanya n`icyagitiza umurindi. Niyo mpamvu muganga ashobora kwandikira umugore ufite iki kibazo amavuta yabugenewe (Gel) azajya asiga mugitsina mugihe cy`icyumweru kugeza kuminsi 15.

Aya mavuta kandi akaba ashobora no gukoreshwa mugihe cy`imibonano mpuzabitsina.

Kubagore bamaze gucura, akenshi ubuvuzi bwabo bwibanda kumisemburo bashobora guterwa kugirango hongerwe wamusemburo twavuze haruguru witwa œstrogène arinawo utanga ubuhehere mugitsina cy`umugore.

Mukwirinda iki kibazo kandi, ningombwa ko hitabwaho cyane gutegurana guhagije kw`abashakanye kuko nabyo ari uburyo karemano bwo gutanga ubuhehere mugitsina cy`umugore.

Tubibutse kandi ko aribyiza kwegera umuganga igihe cyose ubonye cyangwa wumvise impinduka zidasanzwe mumubiri wawe kugirango akugire inama.

 

 

Menya ibice 5 by`umubiri wawe udakwiriye gukorera isuku buri munsi

0
IBICE 5 BITAGOMBA GUKORERWA ISUKU BURI MUNSI

Mumibereho yacu yaburi munsi, hari ibikorwa byinshi dukora nyamara ugasanga byarabaye nk`akamenyero nyamara ntitwigere tubifatira umwanya ngo dutekereze kukamaro kabyo ndetse n`uburyo twabikora neza. Kwiyuhagira ni kimwe muri ibyo bikorwa byacu byabaye nk`akamenyero.

Urubuga https://amarebe.com rwifashishije izindi mbuga zitandukanye, rwabateguriye ibice bitanu ukwiriye kwitondera igihe ubikorera isuku wifashishije inama ziri mumirongo ikurikira y`iyi nkuru.

1. Amatwi

Kuberako ubukurugutwa buboneka mumatwi buhora bukusanya imyanda yose yashoboye kujya mumatwi ndetse bukagerageza no kuyisunukira hanze, ntabwo bikwiriye ko tugerageza koza amatwi yacu dukoresheje amazi cyangwa se aduti tuzwi ku izina rya tige-cotton  kuko dushobora ahubwo gusunikira ya myanda mumatwi cyangwa tukikomeretsa. Bikaba rero bihagije gusa guhanagura amatwi dukoresheje agatambaro gafite isuku cyangwa se serviette igihe tumaze kwiyuhagira.

2. Igice cyo mumaso (Visage/face)

Ubusanzwe impuguke mugufata neza uruhu zitanga inama zo gukaraba nibura inshuro ebyiri kumunsi nubwo abenshi batageza kuri izonshuro. Ariko se ababikora byo baba boga bate muri iki gice cyingenzi?

Aba bahanga bakaba batanga inama yo kudakuba cyane iki gice mugihe umuntu arimo gukaraba kuko bishobora gukamura amavuta karemano y`uruhu hanyuma rukaba rwakumagara cyangwa rukangirika mubundi buryo.

3. Amara

Abantu benshi bakunda guhura n`ibibazo bijyanye n`imikorere mibi yamara, bakagerageza kubishakira ibisubizo bakoresheje imiti itandukanye ndetse rimwe narimwe ihenze, nyamara bakagombye gukoresha uburyo karemano .

Nkibindi bice byose by`umubiri amara nayo agira uburyo bw`ubwirinzi bushingiye kuri za bagiteri (Bacteri) ndetse n`andi matembabuzi biba bishinzwe gutunganya no kuvana ibisa nkuburozo mumara. Kugirango rero bigerweho neza, umuntu asabwa gusa kuba yafata indyo ikungahaye kukinyabutabire kitwa fibre  nkibirayi, amashaza, epinari, amashu nibindi.

4. Amazuru

Kuberako mugukomeza gushyira urutoki mumazuru wibwirako urimo kuyakorerera isuku, ushobora kuyakomeretsa kabone n`ubwo twaba ari udusebe dutoya. Kuberako za microbe zikurira cyane ahantu hari amaraso, ibi bishobora kugutera kubyimba mumazuru ndetse n`ububabare buturutse kuri twa dusebe. Kuba wakorsha agatambaro gafite isuku mukwipfuna byaba bihagije mugukora isuku yamazuru.

5. Imyanya ndangagitsina gore

Ubundi imyanya ndangagitsina gore ifite ubushobozi bwo kwikorera isuku ubwayo, ikaba ikeneye gusa kuyisukura byoroheje hakoreshejwe amazi meza gusa utiriwe ukoresha andi masabune cyangwa izindi produit zisuku. Igihe ushaka kuyikorera isuku ukoresheje amasabune, ugomba kuba usobanukiwe n`ubwoko bwayo masabune kugirango utangiza ibinyabutabire nka pH na flore bishinzwe kurinda iyo myanya y`ibanga. 

Koko se umuntu yava muri koma (coma) akongera kubaho?

0
Urugero rw`umurwayi uri muri coma

Mbese hari icyo waba usanzwe uzi kuri KOMA (coma mundimi z`amahanga)?

Muri rusange, koma/coma ni kimwe mubintu bitangaje kandi biteye amatsiko mubibera kwa muganga. Nubwo mumyaka yashize koma itashoboraga gutandukanywa n`urupfu ubwarwo, ubu muminsi tugezemo hari amahirwe menshi ko umuntu ashobora kuva muri koma agasubira mubuzima busanzwe abikesheje ubuvuzi bumaze gutera imbere.

Niryari se bavugako umuntu yaguye muri  KOMA (coma)?

Urugero rw`umurwayi uri muri coma

Bavugako umuntu yaguye muri coma igihe aba atakibasha kumenya, kumva cyangwa se ngo umubiri we ushobore kuba wakora ikimenytso nakimwe cy`ubwirinzi kijyanye n`ibimubayeho nko kwikanga mugihe hari ikimukozeho, kwishima no guseka cyangwa n`ibindi bimenyetso bifasha umuntu muzima kuvugana numubiri we.

Ibi ngibi biterwa nuko ibice bimwe by`ubwonko biba bisa n`ibyahagaze akenshi bitewe n`uburwayi bukomeye, impanuka cyangwa se ikindi kintu gikomeye kimugezeho muburyo butunguye. Muri iki gihe, ntibitangaje ko ibindi bimenyetso by`ubuzima nko guhumeka, ibipimo byogutera kw`umutima, ubushyuhebw`umubiri biba bikigaragara rimwe narimwe hifashishijwe ibindi byuma by`ikorana buhanga.

Iki gihe cya coma, umurwayi ashobora kuba yakimaramo kuva kumasaha ndetse kugera no kumyaka myinsi. Gusa uko igihe cya coma kiba kirekire, niko n`amahirwe yokuba yayisohokamo agenda ayoyoka. Coma zikaba zishobora gushyirwa mubyiciro bigera kuri bine hifashishijwe imikorere y`umubiri we muri icyo gihe nk`uburyo umurwayi afungura amaso, uko asubiza utubazo abajijwe ndetse n`uburyo akoresha imbaraga (nko kuba yakwitabara yigizayo akaboko ka muganga)

Urwego rwa mbere:

Umurwayi uri muri coma y`urwego rwa mbere, aba ashobora gusubiza utubazo umubajije kuburyo ushobora kumva icyo agusubije kandi akagerageza no gukora utumenyetso  tumwe na ntumwe twubwirinzi nko kwigizayo akaboko kumutera urushinge, umugaburira nibindi ashobora gukoresha ingingo ze.

Urwego rwa kabili:

Umurwayi uri muri coma yokurwego rwa kabiri aba ashobora gusubiza ibisubizo bidahuye neza n`ikibazo agize cyangwa abajijwe, ariko kandi ugasanga ntabindi bibazo agaragaza nko gutera nabi kw`umutima, guhumeka nabi, kuzamuka kw`umuvuduko w`amaraso n`ibindi..

Urwego rwa gatatu:

Uru rwego rwa coma muby`ukuri ni urwego rwa coma rukomeye, Umurwayi uri muri coma yokuri uru rwego akenshi usanga arangwa no kugagara kw`ingingo zimwe nazimwe nk`amaboko n`amaguru, ntashobore kugira ibyo yumva ndetse rimwe narimwe bigaherekezwa n`izindi mpinduka zikomeye nko kwiyongera kw`umuvuduko w`amaraso, guhumeka nabi, gutera nabi kw` umutima n`ibindi.

Urwego rwa kane:

Coma y`urwego rwa kane muyandi magambo niyo bita gupfa kw`ubwonko. Umurwayi uri muri coma y`urwego rwa kane, ntakintu na kimwe aba ashobora gukora cyangwa kumva ndetse no guhumeka bishoboka gusa igihe afashijwe n`ibyumva by`ikoranabuhanga nkuko twabibonye munkuru zacu zabanjije.

Ni izihe mpamvu zingenzi zishobora gutuma umuntu ajya muri coma?

a. Mubyukuri, impamvu zishobora gutuma umuntu ajya muri coma ni nyinshi ariko ugasanga izijyanye n`ibyo umuntu yafashe bikangiza umubiri we (cause toxiques mururimi rw`igifaransa) nkinzoga nyinshi, imiti myinsi, ibiyobya bwenge nibindi biza kumwanya wa mbere.

b. Indi mpamvu ikomeye ishobora kujyana umurwayi muri coma ni ugutakaza ubushyuhe busanzwe bw`umubiri mugihe kirerekire aribyo bita L’hypothermie.

c. Impamvu yagatatu muzishobora gutuma umurwayi ajya muri coma ni ibibazo bijyanye n`ubwonko bishobora kuva ku ihungabana rikomeye, impanuka, uburwayi bw`imiyoboro ijya kubwonko (méningite), ibibyimba byo kubwonko, umuvuduko w`amaraso ukabije, kubura isukari kurwego rukabije, kubura oxygene mubwonko, imikorere mibi y`inyama y`umwijima n`ibindi.

Nubwo tumaze kubonako coma ari ikibazo gikomeye, ariko biratangaje kuba hari ubwo abagaganga bashobora gushyira umurwayi muri coma kubushake (coma artificiel) igihe bagiye kumukorerera ubuvuzi buremereye .

Mbese umuntu ashobora kuva muri coma?

Nyuma y`amasaha cyangwa amezi ndetse n`imyaka,umuntu ashobora kuva muri coma

Yego rwose,nkuko amarebe.com yabyiboneye ubwo yasuraga imwe munzu y`indemmbe mubitaro bimwe byo mumugi wa Kigali ndetse nkuko tunabibona munyandiko zitandukanye, umuntu ashobora kuva muri coma akongera kubaho ubuzima busanzwe aribyo abenshi bita gukanguka.

Bitewe n`ubuvuzi ndetse nuko umurwayi yakomeje kwitabwaho mugihe cyose yari muri coma, birashoboka ko igihe cyagera ubwonko bukongera bukiyubaka umurwayi agakanguka. Gusa uburyo bw`imikangukire bushobora gutandukana bitewe nimiterere y`umurwayi ndetse n`icyamujyanye muri coma.

Ningombwa ko umuntu uvuye muri coma akomeza kwitabwaho ndetse nogufashwa kongera kwiga no kwimenyereza ubuzima busanzwe ndetse no kumwibagiza cyangwa no kumufasha kwakira ibyamubayeho mbere yuko ajya muri coma kuko hari abakanguka babyibuka!

Ikintu cyoroshye ariko cyananiye abantu benshi: Kunywa amazi!

0
Amazi ni isoko y`ubuzima

Bakunzi b`urubuga https://amarebe.com , nkuko mubizi amazi ni igice cy`ingenzi mubigize umubiri wacu kuko afata hafi 70% by`ibigize umubiri, nukuvuga hafi litiro 45 zamazi kumuntu ufite ibiro 70 aho igice kinini cy`ayo mazi kiba kiri mumaraso mubwonko ndetse no mumutima!

Ingano y`amazi aba mumubiri wacu iterwa n`ibintu bitandukanye birimo , umubyibuho cyangwa se uko tunanutse ndetse n`imyaka dufite aho usanga amazi agabanuka agasimburwa n`ibinure kubantu batangiye gusaza. Kumuntu mukuru ufite ibiro biringaniye, uba mugice cy`isi kidashyuha cyane nk`icyo u Rrwanda ruherereyemo kandi udakoresha ingufu z`umurengera, amazi akeneye ashobora kugera kuri litiro 2.5 kumunsi aho imwe ayikura mubyo kurya indi 1.5 akaba agomba kuyinnywa muburyo busanzwe

Amazi ni isoko y`ubuzima

Tubibutse ko umuntu atakaza amazi agera kuri litiro hafi ebyiri buri munsi binyuze munkari, ibyunzwe ndetse nasohokana n`umwuka duhumeka (Expiration), akaba rero agomba kurya ndetse no kunywa kuburyo buhoraho kabone niyo yaba atari yumva inyota nk`ikimenyetso cyanyuma cyo kugabanuka kw`amazi mumubiri.

Nubwo abantu benshi wenda na bamwe muri twebwe bayasuzugura cyangwa ntibayiteho,abandi ntibanatinye kuyasimbuza ibindi binyobwa , ntitwaba turengereye tuvuzeko tutayabonye ntanumwe muri twe washobora kubaho kuko bivugwako umuntu ashobora kumara gusa iminsi itatu atarya atnanywa icyakora akaba yabasha kumara gusa iminsi 40 igihe yaba anywa gusa!

Mbese waba uzi muby`ukuri  akamaro ko kunywa amazi ?

Nkuko tumaze kubiganiraho haruguru, amarebe.com yabateguriye zimwe mumpamvu tugomba kunywa amazi kandi tukayanywera igihe. Zimwe muri izo akaba ari izi zikurikira:

1. Amazi ni isoko y`imbaraga mugihe cy`imyitozo ngorora mubiri

Amazi ni meza mugihe cy`imyitozo ngorora mubiri

Mugihe cy`imyitozo ngororamubiri, umubiri utakaza amazi menshi igihe umuntu abira ibyuya (ibyunzwe nkuko bamwe babyita). Igikomeye muri ibyo nuko umubiri ujya kumenyako watakaje amazi gusa igihe watakaje agera kuri 2% by`amazi yose aba mumubili. Kumuntu rero utanywa amazi biragoranye ko umubiri we ugira ubushobozi bwo gusimbura aya mazi yatakaje mubyuya, bityo bikaba byanamuviramo gucika intege muburyo bukomeye.

2. Amazi afasha cyane imikorere y`imbere mumubiri (Metabolisme)

Amazi ntagirira akamaro gusa umubiri mugihe cy`imyitozo ngorora mubiri, ahubwo nin`ingenzi cyane mugutwika nogukoresha imbabaraga umubiri wakuye mubyo twariye. Amazi kandi akagira n`umumaro munini cyane cyane mumitemberere n`igogorwa ry`ibyo twariye, bikanafasha ibice bitoya by`umubiri (Cellules ) kubyara, gukura ndetse no kuzuza inshingano zaburi rugingo.

3. Kutaryagagura (Kurya burikanya ndetse n`igihe bidakenewe)

Kubera ko ibimenyetso bitangwa n`umubiri igihe umuntu ashonje cyangwa se igihe afite inyota byenda gusa (nko gucika intege, kumva umunaniro ndetse nokumva igifu kimeze nabi) bituma abantu benshi bihutira kubanza kurya igihe biyumvisemo kimwe muri ibi bimenyetso tumaze kuvuga nyamara wenda bari bakeneye kurya gusa ikibazo bafite kigahita gikemuka.  Ibi rero bigatuma abantu bafata amafunguro nigihe kitari ngombwa bikaba byanabaviramo umubyibuho ukabije

4. Amazi yongera imbaraga z`umubiri

Hagendeweko kandi amazi agize hafi 70% by`umubiri w`umuntu, afite akamaro kanini mumikorere y`ingingo zinyuranye z`umubiri kuko ifasha imitsi kwakira intungamubiri ndetse na oxygene iyomitsi iba ikeneye ndetse bikanafasha ubwonko gukora akazi kabwo neza.

5. Nigute kunnywa amazi twabihindura umuco wacu?

Kunywa amazi tubigire unuco

Birashoboka ko waba uhaye agaciro igikorwa cyo kunywa amazi cyangwa se ukaba wari usanzwe ujya  ugambirira guhora unywa amazi ariko ukabangamirwa n`uburyohe bw`amazi butagukurura cyangwa se ukibagirwa n`igihe cyo kuyafata. amarebe.com yabateguriye inama mwakurikiza kugirango namwe mugerweho n`ibyiza byo kunnywa amazi:

1. Ushobora kujya uhoza icupa ry`amazi hafi yawe  cyangwa se aho ukunda kuba uri/aho umara umwanya munini bikaba byajya bikwibutsa gufata amazi muburyo bwihuse.

2. Mugihe ukangutse, gerageza ufate ikirahure kinini cy`amazi kugirango ukangure imikorere y`umubiri wawe.           Ushobora gufata ikirahure cy`amazi mbere yo kurya murwego rwo kugabanya kuza gufata ibyo kurya byinshi

3. Ushobora kongera uburyohe mumazi uyavanga n`indimu cyangwa se kokombure (Cocombre)

Tubibutse kandi ko amazi umubiri ukoresha igice kimwe tugikura mumazi tunyywa ariko ikindi nacyo kikava mubyo turya cyane cyane ukaba wakongera amazi ufata amafunguro agizwe ninyanya, cocombre, salade nibindi

Ibimenyetso 10 byatumenyesha ko uwo dukunda agiye gupfa

0
Iminota yanyuma y`uwo ukunda

Urupfu ni intambwe y`ubuzima ibabaje kurusha izindi ntambwe zose umuntu atera mubuzima ariko kandi ikaba n`ntambwe umuntu wese adashobora guca kuruhande,mbese umuntu wese agomba kuyitera.

Icyakora iyi ntambwe ikarushaho gukomera iyo ikwegereye cyangwa se yegereye umuvandimwe wawe, inshuti yawe cyangwa se n`undi muntu mufitanye amasano yabugufi. Niyo mpamvu ari ngombwa cyane kugerageza kwiyumvisha no kumenya byinshi kuri iyintambwe iteye ubwoba murwego rwo kuyitegura no kuyakira n`ubwo bitoroshye.

urubuga http//:amarebe.com rwabegeranirije ibimenyetso 10  byakwereka ko umuntu agiye gupfa ndetse n`uko wamufasha gutambuka neza uyu muryango w`Urupfu.

Iminota yanyuma y`uwo ukunda

1. Gutakaza ubushake bwo kunnywa ndetse n`ubwo kurya

Mubyukuri, gutakaza ubushake bwo kurya nubwo kunnywa ni ikimenyetso simusiga cy`uko urupfu rwaba rwegereye umuntu wawe kuberako imbaraga umubiriwe ukeneye zitangira kugenda zigabanuka, umubiri we ugacika intege.

Iki gihe, uwenda gupfa atangira kwanga ibiribwa ndetse n`ibinyobwa yateguriwe. Mugihe asabye amazi, nibyiza kwegura buhoro umutwe we, ukamuha amazi makeya murushinge cyangwa se mugikombe gifite umunwa muto, mbese nka turiya dukombe bakoresha bagaburira abana batoya kugirango adakoresha imbaraga nyinshi.

Mugihe ubonye uwo muntu atangiye guhumeka nabi cyangwa kuruka nibyiza kurekeraho kumuha amazi. Sibyiza guhatira cyane kurya cyangwa kunywa umuntu urembye ahubwo ushobora kujya umuha amazi makeya buri kanya.

2. Kumagara umunwa ndetse n`amaso

Kubera kudafata ibinyobwa byinshi, uyu muntu uko akomeza gukoresha umunwa ahumeka, bituma mukanwa humagara ndetse n`amaso akumagara kuberako aba atagishobora guhumbya (Guhumbaguza kuri bamwe) neza.

 Ibi ngibi ukaba ushobora kubimugabanyiriza unyuza agatambaro gafite isuku, kadakonje cyane kandi gatose kumunwa we kugirango ukomeze uhehere, ndetse ukanamushyira  mumaso ibitonyanga by`umuti wamaso.

3. Gucika intege, guta ubwenge ndetse no gusinzira cyane bidasanzwe

Ikindi kimenyesto cyakwereka ko umunru wawe agiye kugucika ni ugucika intege kwe, guta ubwenge ndetse no gusinzira cyane. Abenshi basigara bafite ibitotsi byinshi kumanywa hanyuma nijoro bakabura ibitotsi. Iki gihe biragusaba kwegera umurwayi wawe mukamarana iki gihe cye cyokubura ibitotsi.

4. Ububabare

Ububabare bukabije bw`umuntu wenda gupfa nabwo ni ikimenyetso cy`uko umuntu wawe ashobora kugucika kikaba n`ikimenyetso gitera abantu ubwoba kuko abenshi batihanganira kubona umuntu bakundaga arimo kubabara cyane.

Iki gihe nibyiza kuvugana n`abaganga bashinzwe indembe kugirango hafatwe ingamba zo kugabanyiriza uwo muntu ububabare kuko gufasha uwawe kutababara cyane biri  mubikomeye umugomba muminsi ye yanyuma.

5.Kudatuza no gushikagurika

Umuntu wenda gupfa ashobora kugira ibibazo byo gushikagurika, iki nacyo kikaba ari ikimenyetso simusiga ko ageze mubihe bye byanyuma. Ibi bikaba biterwa n`impinduka zinyuranye ziba zirimo zibera imbere mumubiri ahanini bitewe n`imiti uyu muntu aba arimo afata.

Icyo gihe ntugomba kurenganya uwo muntu urwaye ahubwo ugomba gushakisha uko wamugarurira umutuzo bitewe n`uko usanzwe umuzi kuko abantu baratandukanye.

6. Impinduka mumihumekere

Imihindagurikire yo guhumeka nayo ni ikimenyetso gikomeye cy`uko uwawe ageze mumarembera. Aha, ashobora guhumeka vuba vuba cyangwa se akanjya atinda ugereranije nuko yarasanzwe ahumeka agacishamo ntanahumeke rwose.

7. Amagambo yo Kwiheba ndetse no kwitsa umutima

Ikindi gishobora kukubwirako uwawe ageze mubihe bye byanyuma, nuko ushobora kumwumvana amaranga mutima yagahinda, kwimyoza,kuvuga nabi, kwicuza ibyo yakoze  nibindi. Ibi bikubwirako ntakabuza uwawe ageze mumarembera.

Tubibutseko iki kimenyetso kigaragaramo imyitwarire itandukanye bitewe n`ubuzima uyu muntu yabayemo, imirimo yakoraga, aho yasengeraga n`ubundi buzima bwe muri rusange yabayemo mbere yuko agera muminsi ye yanyuma.

 

8.Guhinduka kw`ibara ry`uruhu

Ikindi kimenyetso simusiga kikugaragariza ko uwawe ageze mubihe bye byanyuma, ni uguhinduka kwibara ryuruhu. Ibi bikaba biterwa nitembera ry`amaraso mumubiriwe riba ryagabanutse cyane mubice bimwe by`umubiri nko mubirenge no mubiganza. Uruhu rwe rushobora guhinduka ubururu kandi rukazaho n`utudomo twinshi.

Iki gihe kandi, igice cye cyohasi  ndetse nimitwe y`intoki ze bishobora gutangira gukonja ndetse bigahinduka ubururu, isura ye igatangira kweruruka, iminwa ye nayo ikazana ibara ryenda gusa n`ubururu.

9.Kudasubiza uwo bari kumwe

Mubihe bye byanyuma,umuntu wenda gupfa ashobora kugira amaso afunguye adahumbya, kandi ntashobore kugusubiza igihe umuvugishije cyangwa se ngo akwerekeko yumvise ko umukozeho! Iki gihe ntuzacike intege kuko uwo ukunda ashobora kuba agishobora kukumva n`ubwo adashobora kugusubiza. Komeza ugerageze kumuvugisha.

10. Gusaba ibintu bidasanzwe

Igihe uwawe ageze muminota yanyuma y`ubuzima bwe ashobora kugusaba ibintu bidasanzwe ndetse rimwe narimwe bikagutera ubwoba.

Ashobora kugusaba kumujyana ahantu hihariye, ashobora kugusaba kumuzanira abavandimwe be akunda cyangwa se n`izindi nshuti ze kurusha izindi, ashobora kugusaba kumwumvisha indirimbo akunda kurusha izindi, kwifotozanya nabo akunda cyangwa se kubavugisha,muri iki gihe kandi ninabwo bamwe bashobora no kugira abo baha ibyo yari batunze, kuvuga amabanga ye n`ibndi.

Niba ibyo umuntu wawe urembye abigusabye, menyako ari ikimenyetso simusiga cy`uko ashobora kuba agiye kugucika.

Menya ibiribwa 5 abagore n`abakobwa bakwiriye kurya igihe bari mumihango

0

Bakunzi b`urubuga  “https://amarebe.com” nkuko mubizi, kujya mumihango cyangwa kujya imugongo, ni igihe  gisanzwe (Normal) abagore nabakobwa bajya bagira buri kwezi kikaba kirangwa no gusohoka kw`amaraso mumyanya ndangagitsina yabo kikaba kandi ari n`ikimenyetso kigaragaza ukwezi kw`umugore/umukobwa.

Nkuko tubikesha inyandiko zitandukanye, iki gihe kikaba gishobora gutangira kumyaka hagati ya 12 na 13 kandi umugore cyangwa umukobwa akaba atakaza amaraso arihagati ya ml 30 na ml 80  muminsi hagati y`2 n`7 buri kwezi bitewe n`imiterere yaburi mugore/mukobwa.

Kubera impinduka zimisemburo ziba zabaye mu mubiri w`umugore/umukobwa mugihe cy`imihango, impuguke mumirire zigira inama abagore zo gufata amafunguro yuzuye kugirango ubuzima bwabo burusheho kumera neza ariko cyane cyane birinde cyangwa bagabanye  ububabare  bashobora kugira munda yohasi igihe imihango igitangira cyangwa se yenda kurangira.

Muri iyi nkuru, twabateguriye ibiribwa bitanu umuntu uri mumihango yakwiriye gufata:

1. Imboga zibara ryicyatsi kibisi

Izimboga nka epinari, amashu, inyabutongo cyangwa se rengarenga zigirira akamaro kanini umubiri ariko by`umwihariko mugihe cy`imihango y`umugore/umukobwa.




Kuba zikize muntungamubiri nka Vitamine B ndetse nomuri Fer, bituma zifasha mugukumira imigendekere mibi yigogora akenshi rifitanye isano n`imisemburo y`imihango

2. Imbuto nshyashya

Kugira imbuto ufata nibura buri munsi by`umwihariko muri iyi minsi iba idasanzwe nabyo birinda ibibazo by`igogora nabyo bigatuma umugore/umukobwa uri mumihango yirirwa ameze neza.

3. Ibinyampeke

Kimwe n`imboga ndetse n`imbuto, ibinyampeke nabyo byifitemo ikinyabutabire cyitwa fibre kigira akamaro kanini mumigendekere myiza yigogora, bikanagira ama vitamine ndetse n`izindi ntungamubiri bituma umubiri umererwa neza.

4. Kunywa amazi ahagije

Kunywa amazi menshi nabyo birinda umuntu kumva asa n`uwagugaye munda igihe ari mumihango.

5. Gufata amafunguro akungahaye kuma vitamine atandukanye ndetse n`amaporoteyine nk`amafi, inkoko, imitobe y`amacunga nibindi nk`ibyo nabyo bifasha umubiri w`umuntu uri mumihango gukomeza kumererwa neza.

Icyakora abo bahanga bakomeza bavugako hari n`ibindi biribwa umuntu uri mumuhango yakagombye kureka cyangwa se akabigabanya birimo nk`ikawa, alcohol, ibiribwa bituruka kumata nka foromaje (Fromage, amata ubwayo n`ibindi) kubera ingaruka zitandukanye bigira kumubiri zirimo kongera stress, ibishishi mumaso nibindi. 




Sobanukirwa n`igikorwa cyo guhuza intanga hakoreshejwe ikoranabuhanga (IVF)

0

Tumenye IVF icyo aricyo

IVF ni impine y`ijambo ry`icyongereza “In Vitro Fertilization cyangwa Fecondation in Vitro”mundimi z`amahanga, bikaba muri make bisobanura igikorwa cyo guhuriza intanga ngabo nintanga ngore inyuma yumubiri w`umugore, (ahantu hizewe hitiriwe kirahure.)

Iki gikorwa kikaba gishingiye mukugenzura cyane ndetse nogukangura ibihe by`uburumbuke bw`umugore; gufata intanga ngore no kuyihuriza n`intanga ngabo ahantu habugenewe ho muri Laboratwali (Laboratoire), hanyuma igi rivuyemo rikarererwa ahantu habugenewe mugihe kiri hagati yiminsi ibiri n`iminsi itandatu rikabona guterwa (gushyirwa) muri nyababyeyi y`umugore hagamijwe gufasha umugore gutwita.

Tubibutseko kandi igi ribonetse muri ubu buryo rishobora gushyirwa muri nyababyeyi ya nyiri intanga  zakoreshejwe cyangwa rikaba ryahabwa undi mugore nyamara ntibizabuze ko umwana uzavukamo azaba afite ibyangombwa byose byababyeyi be ndetse ntacyo ahuriyeho n`uwamutwise!

 

Ubu buryo akaba ari bumwe mubukoreshwa mugufasha imiryango yabuze urubyaro muburyo busanzwe, kandi bukaba bwemewe n`amategeko.

Ubu buryo se bwaba bwaratangiye gukoreshwa ryari?

Nkuko tubikensha imbuga zitandukanye, ububuryo bwatangiye kugeragezwa hagati y`umwaka w`1953 numwaka w`1959 aho umuganga wumunyamerika Min Chueh Chang abinyujije mukigo cy`ubushakashatsi cya Worcester Foundation, yashoboye kubyaza urukwavu ruzima hakoreshejwe ubu buryo.

Kuva muri iyomyaka ubushakashatsi bwarakomeje hanyuma ku italiki ya 25/07/1978 haza kuvuka Louise Joy Brown  nk`umwana wambere ku isi  wabyawe muri ubu buryo ,akaba yarabyawe n`ababyeyi bitwa  Lesley na Peter Brown mubitaro bya Oldham and Districk General Hospital mumugi wa Manchester ho mugihugu cy`ubwongereza.

Nyuma yogukomeza kunoza ubu buryo bwo gufasha imiryango yabuze urubyaro muburyo bvusanzwe, ubu buryo bwaje kuvanwa kurwego rw`ubushakashatsi bushyirwa muri bumwe mubuvuzi butangirwa mumavuriro atandukanye kuburyo haje kuboneka abandi bana mumyaka yakurikiyeho kuburyo mumyaka 7 ishize nko muri Leta zunze ubumwe zAmerika habarurwaga abana bagera kuri Miliyoni 5 bavutse muri ubu buryo.

Ni ryari se ubu buryo bukenewe gukoreshwa?

Nkuko byemezwa nabahanga mubuzima bwimyororokere, ubundi iyo abashakanye bamaze umwaka bakora imibonano mpuza bitsina batarasama, nibyiza ko begera abaganga bakareba ko ntakibazo cyaba cyibyihishe inyuma.

Ubu buryo rero bukaba ari bumwe mubwakwifashishwa igihe muganga abonye bimwe mubibazo (nkuko bivugwa n`urubuga americanpregnancy.org), bitandukanye bifitanye isano n`imiyobora ntanga, intaga nkeya cyangwa zidafite imbaraga, abagore bagira ibihe by`uburumbuke bitameze neza ndetse n`ababuze urubyaro kumpamvu zitazwi.

Ubu buryo se bwaba bukoreshwa no murwanda?

Nkuko byatangajwe nibinyamakuru bitandukanye hano murwanda birimo newtimes, ubu buryo bwatangiye gukoreshwa mu Rwanda nko mubitaro byigenga bizwi ku izina rya Mediheal mumugi wa Kigali aho bivugwa ko abana barenga batanu bavutse hakoreshejwe ubu buryo ndetse kakaba hari n`indi mishinga itandukanye yo kugeza ubu buvuzi muyandi mavuriro.

 

Menya byinshi ku ishyamba ry`isugi “AMAZONE”

0
Imwe mumafoto y`ishyamba rya Amazone

Birashoboka ko wigeze kumenya ibihugu binini n`ibito  ku isi, ukamenya abantu b`ibihangange kurusha abandi ku isi ndetse n`ibindi bintu bitandukanye kandi byihariye kuri iyi si dutuyemo. Arikose wigeze umenya ishyamaba ritangaje kurusha ayandi yose ku isi? “Ishyamba ry`Amazone (La forêt amazonnienne / Amazon forest)”?

Imwe mumafoto igaragaza ishyamba rya Amazone

Ishyamba rya Amazone akaba ari ishyamba ricucitse cyane  ribarizwa mugice cy`amerika y`amajyepfo mukarere kitwa Amazonie, rikaba ribarizwa kubuso bugera kuri km2 Miliyoni 5.5 , rikaba risangiwe nibihugu binyuranye nka Brazil yihariye 60%  by`ishyamba, Peru ifite 13%, Colombia ifite 10%, n`ibindi bihugu  nka  Venezuela, Ecuador, Bolivia, Suriname ndetse nigihugu cya Guyana.

Tubibutseko inyandiko zimwe nazimwe zivugako iri shyamba ryitwa ishyamba ryisugi kuberako mumyaka miliyoni 55 rimaze ribayeho ntabikorwa bya muntu byari byararikorewemo.

Ni ibiki by`ingenzi bigize iri shyamba?

Bimwe mubimera biba mu ishyamba rya Amazone

Iri shyamba ritangaje rinavugwaho kuba rihatse (rifatiye runini) ubuzima bwo kuri iyi si  dutuyeho, ribonekamo ibimera bitandukanye bigabanijemo ubwoko bugera ku 40 000, ubwoko bw`amafi bugera ku 3 000 , ibikururanda biri mubwoko bugera kuri 370,  birimo n`ibiba muruzi runini rupima ibilometero bigera ku 6 600 (6 600 Km) ruca muri iri shyamba,ubwoko bwinyoni bugera ku 1 294 ndetse n`ibiti bikuze birenga Miliyari 390!!

Mubintu byinshi bigize iri shyamba,bivugwako harimo nabantu (abasangwabutaka)barituyemo ndetse bagera kuri Miliyoni zigera kuri 22 baba mubuzima butandukanye cyane cyane nubwo tubamo,aho bo bigisha abana babo ubuzima bwishyamba nko guhiga,kuroba,gushaka imiti mumashyamba n`ibindi.

Ni ibihe byago byugarije ishyamba rya Amazone?

Urugero rw`ibikorwa by`umuntu bisenya ishyamba amazone

Nkuko inyandiko nyinshi zibivuga, irishyamba rifitiye runini isi dutuyemo ryugarijwe nikibazo kinini cyibikorwa bya muntu,aho usanga rigenda ritakaza igice kinini cyaryo bitewe no gutema mo ibiti,gucukuramo amabuye yagaciro,gukoramo imihanda,gukoreramo ibikorwa byubuhinzi,kuritwika nibindi bikorwa binyuranye bituma nibinyabuzima bituye iri shyamba bigenda bigabanuka cyangwa se bikazimira bikanagira ingaruka zikomeyekumihindagurikire yikirere cy`isi muri rusange.

Abahanga mubyumutungo kamere bakaba bavugako hatagize igikorwa,irishyamba ryaba ritakirangwa ku isi mugihe cy`imyaka mirongo ine,umuntu wese akaba yakwibaza uko ubuzima ku isi bwazagenda igihe iri shyamba ryazaba ritagihari!!

 

 

 

 

Menya ibihugu 10 binini kuruta ibindi ku isi

0
Imwe mumafoto yerekana igihugu cy`uburusiya

Bakunzi b`urubuga amarebe.com, munkuru zacu zabanje twabagejejeho ibihugu 10 bitoya kurusha ibindi ku isi. Ubu noneho twifashishije urubuga worldatlas.com, twabegeranirije urutonde rw`ibihugo 10 biruta ibindi ku isi ukurikije ubunini bwabyo nkuko mubisanga mumirongo ikurikira:

  1. Igihugu cy`uburusiya
Imwe mumafoto yerekana igihugu cy`uburusiya

Igihugu cy`uburusiya kiza kumwanya wa mbere mubihugu binini ku isi kuko gifite km2 miliyoni 17.1 n`abaturage bagera kuri …. kikaba gihana imbibi n`ibihugu basaga 144.5!

2. Canada

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cya Canada

Igihugu cya Canada kiza kumwanya wa kabili mubihugu binini ku isi aho gifite ubuso bungana na km2 miliyoni 9.984 n`abaturage bagera kuri Miliyoni 37.06

3.Leta zunze ubumwe za Amerika

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika

Igihugu cya Leta zunze ubumwe z`Amerika kiri kumwanya wa gatatu mubuhugu bini cyanye ku isi,kikaba gifite ubuso bugera kuri  Km2 Miliyoni 9.63 n`abaturage bagera kuri Miliyoni 327.2!

4.Ubushinwa

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cy`ubushinwa

Igihugu cy`ubushinwa kiri kumwanya wa kane mubihugu binini ku isi kuko gifite ubuso bugera kuri km2 Miliyoni 9.6 n`abaturage bagera kuri Miriyari 1,415,045,928 . By`umwihariko kandi,igihugu cy`ubushinwa nicyo gihugu kinini kumugabane wa Aziya.

5.  Brazil

Imwe mumafoto agagaragaza ahantu nyaburanga muri Braziligihugu

Igihugu cya Brazil kiz kumwanya wa gatanu mubihugu binini ku isi kubuso bungana na km2 Miriyoni 8.51 n`abaturage bagera kuri Miliyoni 210,867,954. Iki gihugu akaba aricyo kibarizwamo igice kinini cy` ishyamba rinini ku isi ryitwa amazone

6. Australia

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cya Australia

Igihugu cya Australia kiza kumwanya wa gatandatu mubihugu bini ku isi kikaba gifite ubuso bugera kuri Km2 Miliyoni 7,741,220 nm`abaturage bagera kuri Miliyoni 24.6

7. Ubuhinde

Hamwe muhantu hatangaje mugihugu cy`ubuhinde

Ubuso bugera kuri Km2 Miliyoni 3.287 bushyira igihugu cy `ubuhinde kumwanya wa Karindwi, n`abaturage bagera kuri Miliyari 1,358,137,719.

8. Argentina

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cya Argentina

Igihugu cy`Argentina gifite ubuso bugera kuri Km2 Miliyoni 23.78, kikaba kiza kumwanya wa 8 mubihugu bini ku isi n`abaturage bagera kuri Miliyoni 45.

9. Kazakhstan

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cya Kazakhistan

Kazakhstan ni igihu kiza kumwanya wa cyenda mubihugu binini ku isi kikaba gifite ubuso bugera kuri Km2 Miliyoni 2.72 n`abaturage barenga ri Miliyoni 15.

10. Algeria

Imwe mumafoto agagaragaza igihugu cya Algeria

Igihugu cya Algeria nicyo kiza klumwanya wa 1o kurutonde rw` ibihugu bini ku isi,kikaba gifite ubuso bungana na Km2 Miliyoni 2.38 kikaba icyambere mubunini kumugabane w` Afurika n`abaturage bagera kuri Miliyoni 41.32

 

 

 

 

 

 

Menya tatuwaje (tattoo) 10 zakunzwe kurusha izindi

0

Ubundi se TATTOO ni iki?

Ubundi tattoo ni igishushanyo gishyirwa kumubiri w`umuntu (kuruhu) muburyo buhoraho cyangwa se byagateganyo nk`umutako cyangwa se bashaka gusobanura ikintu runaka (Dessin decolatif/symbolique mururimi rwigifaransa).

Ibi  ishushanyo bigira amabara atandukanye  arimo agaragara kumanywa ndetse hakanabaho agaragara nijoro gusa cyangwa se igihe uwo icyogishushanyo kiriho ari ahantu hatari urumuri.

Igikorwa cyo gushushanya kumubiri gikorwa hifashishijwe umuti ndetse n`inshinge byabugenewe aho binjiza uwo muti mubice bitandukanye by`uruhu kugipimo kiri hagati ya mm1 na mm4 uturutse kugice cyinyuma cy`uruhu ugana muruhu imbere.

Ibi bishushanyo byo kuruhu bikaba byaratangiye gukoreshwa mumyaka myinshi ishize aho byakoreshwaga mukongera ubwiza bw`uruhu (imitako), cyangwa se bashaka gusobanura ikintu runaka cyihariye ariko nanone bikaba byarakoreshwaga mukwerekana abacakara, imfungwa, itsinda ry`abantu runaka   cyangwa se inyamaswa zomurgo n`ibindi.

amarebe.com yabegeranirije ibishushanyo (tattoos) 1o bitoya kurusha ibindi ariko bifite ibisobanuro bikomeye.

1. Akadomo n`akitso:

Ifoto yakuwe kuri murandasi

Akadomo n`akitso mumyandikire isanzwe kagaragaza kuruhuka gato iyo umuntu arimo gusoma amagambo maremare ariko kakavuga ko gusoma bikomeje.

Aka gashushanyo rero kakaba gakoreshwa igihe  nyirako yerekana ko n`ubwo yahuye n`ibyagombaga kumuca intege ariko ko yahisemo gukomeza agana imbere.

2. Ubwato buri munyanja:

Ifoto yavanywe kuri murandasi

Aka gashushanyo kitiriwe interuro imwe yo mururimi rw`icyongereza “A smooth sea never made a skilled sailor.” ugenekereje bikaba bishatse kuvuga ko ibihe bikomeye umuntu ashobora kunyuramo mubuzima aribyo bituma dukomera mbese tugaca akenge.

Umuntu ukoresha aka gashushanyo aba ashaka kwerekano yamaze kwakira ubuzima arimo kandi ko afite icyizere cy`ejo hazaza.

3. Ikimenyetso cya Delta gifunguye:

Ifoto yavanywe kuri murandasi

Iki kimenyetso gikoreshwa n`umuntu ashaka kwerekana ko yamaze gufata icyemezo cyokuzagera kumpinduka nziza byanze bikunze.

4. Ikimenyetso cy`ukwezi:

Ifoto yavanywe kuri murandasi

Iki kimenyetso gikoreshwa n`umuntu wemerako hari igihe umuntu ageramo akaburira ahantu hose igisubizo cy`ikibazo afite ndetse no munshuti ze, nyamara bikaba byarangira ubwonko bwe bwonyine bumuboyeye igisubizo.

Iki kimenyetso kandi kikaba cyaritiriwe amagambo y`ubwenge yavuzwe n`umunyarwenya w`umunyamerika witwa  George Carlin.

5. Ikimenyetso cyitiriwe itsinda ryabarwanyi bari bakomeye hagati yikinyejana cya 8 nicya 11 mu majyaruguru `uburayi “Vikings”:

Ifoto yakuwe kuri murandasi

Iki kimenyetso kikaba gikoreshwa mugushishikariza abantu guharanira kugira icyo bageraho ubwabo (Batagendeye kubandi)

6.Ikimenyestso ‘Inguz’:

Ifoto yavanywe kuri murandasi

Iki kimenyetso gikomoka mumico y`abagereki kikaba gisobanurako ahari ubushake haboneka inzira. Mbese bikenda gusa n`imvugo tumeneyereye ivuga ngo ‘Gushaka ni ugushobora”

7. Ikimenyetso cy`umutwe w`inyamaswa yitwa impara (Ubwoko bugira amahembe maremare ):
Ifoto yavanywe kuri murandasi

Iki kimenyetso kikaba cyaritiriwe ijambo ry`Imana riri muri Bibiriya (Zaburi 18:33)

8. Ikimenyetso “Ohm”:

Ifoto yavanywe kuri murandasi

Iki ni kimwe mubimenyetso bikoreshwa cyane mu idini ryabahindu ndetse naba budisite (Buddhism and Hinduism.) kikaba gishaka kwerekana agaciro gahabwa ubuzima ndetse n`ibyaremwe byose muri rusange.

9.Ikimenyetso “Alchemy”Iki kimenyetso kerekana urukundo, uburinganire, ubwiza bw`igitsina gore ndetse no guhanga udushya.

Ifoto yavanywe kuri murandasi

10.Ijambo “Meraki”Iri ni ijambo ryo mururimo rw`ikigereki rishatse gusobanura “gushyira umutima wawe wose kubyo urimo gukora)

Ifoto yavanywe kuri murandasi

Koko se umusaraba ntabwo uranga ubu kiristu?

0
Umwe mumisaraba ukoreshwa n`aba kirisitu

Umusaraba ni iki?

Umwe mumisaraba ukoreshwa n`aba kirisitu

Ntabwo twaba dukabije tuvuzeko umusaraba aricyo kimenyetso cy`ubukirisitu gikoreshwa cyane kurusha ibindi byose ku isi, ukaba unakoreshwa mubikorwa binyuranye birimo nimiryango yibanga (organisations occultes).

Aho ubonye umusaraba ushobora guhita umenyako hari nk`urusengero, ingoro runaka, Kiriziya nibindi…Icyakora ushobora no kuwusanga kunzira zijya kumarimbi ndetse no kumva nyirizina zabitabye Imana ndetse rimwe narimwe no kumibiri yabantu bamwe nabamwe bawukoresha nkikimenyetso cy`ubwiza abenshi bita Tatuwaje (TATTOO).

Nubwo umusaraba ukoreshwa n`abakirisitu bashaka gusobanura kubambwa kwa YESU KIRISITU, iki kimenyetso ntabwo cyavutse icyo gihe kuko inyandiko nyinshi zivugako umusaraba watangiye gukoreshwa mubukiririsitu hagati yikinyejana cya 3 nicya 4 nyuma yurupfu rwa YESU KIRISITU nyamara bikagaragarako hari abandi bantu babambwaga mbere yicyo gihe ndetse nanyuma yaho.Twibukeko nokumusozi wa Nyabihanga abandi bita Gorogota YEsU yarabambanywe n`abandi bagabo babili nkuko tubisanga mumavanjiri atandukanye ( Mrk 15:27,Lk 23:32,Yh 19:18)

Ikoreshwa ry`Umusaraba ryaba ryarakometse hehe?

Ubundi umusaraba ukura inkomoko mugihugu cya Babuloni y`aba karudaya (Karudaya ikaba ari agace kibarizwa mumajyepfo ya Bagdadi y`ubungubu , hagati y`imigezi ya Tigre na Euphrate mugihugu cya IRAKE/Iraq).

Nyuma gatoya, ikoreshwa ryumusaraba ryakomeje gukwira no mubihugu byubushinwa, ubuhinde ndetse nomubice by`Afrika nko mu misiri ndetse nobindi bice byinshi byisi mbere yitangira ry`ubukirisitu.

Ubundi ugitangira gukoreshwa, umusaraba wari ikimenyetso cy`ubupagani aho wagaragazwaga ninyuguti ya T itangira izina Thammuz (Soma Tamuzi), ikigirwamana cy`abanyababironi cyari gishinzwe ibyo kurya n`ibimera muri rusange.

Muburayi cyane cyane mugace karimo ubutariyani bw`ubu, bivugwako mumyaka myinsi mbere yigihe cyacu bakoreshaga umusaraba mugusenga ibigirwamana bakanawushyira kumva zabantu nkikimenyetso cyo kwirinda imyuka/Roho yabantu bitabye imana. Iki gikorwa kikaba cyarakwiriye ku isi hose ndetse kugeza no mugace dutuyemo nk`uko mujya mubibona.

Mu gihugu cya Misiri (Egiputa), umusaraba wabaga ufite ishusho itandukanye niyo tumenyereye. Uwo musaraba wabo witwaga ANKH aho igice cyawo cyohejuru cyari uruziga, ukaba wari ikimenyetso cyubuzima buhoraho ndetse nikimenyetso cyuburumbuke, akaba arinayo mpamvu iki kimenyetso cyashyirwaga kumva z`abami babo bitwaga aba FARAWO kuko bafatwaga nkimana zidapfa.

Umusaraba ANKH

Aha akaba ariho hakomotse indi misaraba itandukanye irimo nka kabbalistique, celtique, druides , chrétienne, bouddhiste, byzantine n`iyindi.

                      umusaraba wa kabbalistique

 

                                      umusaraba wa celtique
                                     Umusaraba wa Byzantine

Umusaraba se wafatwaga gute kungoma y`abaroma?

Mugihe cy`ubwami bwabaroma arinabwo umwami YESU yabambwe, umusaraba wafatwaga nkikimenyetso cyumubabaro ukabije cyangwa se iyica rubozo ryari rigenewe abacakara, abakoze ibyaha bikomeye ndetse nabigometse kubutegetsi.

Icyakora kubamba abantu ntabwo byatangiye kubw`abaroma, ahubwo byakomotse muba peresi hanyuma abaroma aba aribo bakwirakwiza kandi bakoresha ubu buryo bwo kwica abantu.

Nubwo twabonyeko hari abantu bafataga umusaraba nkikimenyetso cy`ubuzima ndetse nuburinzi, aba peresi bo hamwe n`abaromani bawufataga nk`ikimenyetso kibibi ndetse numuvumo kuburyo urupfu rwo kumusaraba rufatwa nkurupfu rwa kinyamaswa kurenza ubundi buryo bwose mumateka ya muntu aho uwabambwaga yapfaga kubera kubura oxygene gahoro gahoro, akicwa nizuba, imibabarao ndetse no kunegurwa na rubanda.

Ni iyihe mpamvu yatumye Yesu ahitamo urupfu rwo kumusaraba?

Yesu ku umusaraba

Kubutegetsi bw`abaroma hariho ubundi buryo bwinshi bicagamo abantu nko guterwa amabuye (lapidation), kumanika umuntu mumugozi (la pendaison) ndetse n`ubundi bwinshi, ariko wakwibaza ngo kuki Yesu yahisemo gupfa muri buriya buryo twabonye bubi kurusha ubundi?

Nubwo ubuhanuzi bunyuranye bwagigiye buvuga ivuka, imibereho ndetse nurupfu bya Yesu, ariko biratangaje ko iyo usesenguye ntahantu nahamwe usanga basobanura kuburyo bwimbitse uko Yesu yagombaga kuzabambwa kumusaraba. Ndetse na Yesu ubwe mugihe yamaze yigisha abantu, ntiyigeze abavira imuzingo uburyo buzakoreshwa mukumwica kabone n`igihe yaganirizaga abigishwa be iby`urupfu rwe. (Mat 16:21,Lk 18:31-34,Mrk 10:32-34) uretse gusa muri Mat 20:19 aho Yesu yahishuye bwambere ko azatangwa mumaboko y`abagome bakamubamba ariko kumunsi wa gatau akazuka.

Reka turebere hamwe uko umusaraba ufite inkomoko twakwita ya gipagani ndetse wakoreshwanga nk`ikimenyetso cy`iyica rubozo wahinduka imbaraga z`Imana:

Kubabyemera, Yesu yaje kuba igitambo gisumba ibindi byose, kandi twibukeko mugutamba habaga hakenewe igitambo ndetse n`igicaniro (aho gutambira). Umusaraba rero niho hantu hari hakwiriye kuko nkuko tubisoma mubyahishuriwe Yohana 5:4, ntamuntu numwe wifuzaga kujya kuri icyo gicaniro aricyo musaraba.

Mukwemera kujya kumusaraba, Yesu yashakaga kubanza kwereka abantu ko yaba n`umucakara cyangwa umunyabyaha bikomeye bashobora nabo kubona umwanya mubwami bw`Imana igihe bihannye ibyaha byabo kandi ko ntacyaha kinini Imana Itabasha kubabarira nkuko bisobanurwa nigisambo cyari kibambanwe na Yesu akakibabarira kumunota wanyuma wubuzima bwacyo.( Lk 23:40,LK 23:40-43).

Ikindi nuko mubyukuri urupfu ari ikintu umuntu wese atifuza ariko kandi kuba umuntu yagaruka mubuzima cyagwa se akazuka kikaba aricyo gitangaza cyashimisha umuntu kurusha ibindi; Twibukeko Yesu yazuye abantu batari bake mugihe cye, bikaba rero bigaragazako izuka rihindura urupfu ubusa.

Ibi bikaba bisobanurako hagombaga kubaho urupfu rusange ndetse ruteye isoni rwo kumusaraba rwa Yesu kugirango n`izuka rye rizerekane imbaraga afite kurupfu ndetse no kukibi.

Kumusaraba niho byose byagombaga kuzurira nkuko tubisanga mugitabo cyabagaratiya 3:13 ngo Kirisitu yaducunguriye kugirango dukizwe umuvumo wamategeko, ahindutse ikivume kubwacu kuko handitswe ngo “havumwe umuntu wese umanitswe kugiti”.

Ayamagambo asobanuyeko hari umuvumo kumusaraba kandi ntawundi wari kuwukuraho ureste Yesu wenyine kuko yari Imana. Kugirango abigereho, yagombaga nawe kuba umuvumo ubwe kugirango amaraso ye yamenetse abone uko akuraho ibyaha byabantu bose. Mwibukeko igihe Yesu yaramaze gutanga/gupfa, isi yahinze umushyitsi bishatse kwerekana ko ibyaha byabantu bose byari bimuremereye. Guhera icyo gihe kandi umusaraba wakijijwe umuvumo nawo uhinduka ikimenyetso gisanzwe nk`ibindi byose.

Menya byinshi kuri Kiriziya yahiye mu gihugu cy`ubufaransa

0
Notre Dame mbere y`inkongi y`umuriro

                           NOTRE DAME DE PARIS

Notre Dame mbere y`inkongi y`umuriro

Notre Dame de Paris ugenekereje bivuze Umugore wacu w` i Parisi, ni kiriziya Gatorika ishaje kandi nini cyane mugice cyuburengerazuba bw`isi ikaba yubatswe  kukirwa cyitwa site (Cité) mukarere ka kane muri makumyabili tugize umugi wa Parisi (Paris) mugihugu cy`ubufaransa.

Iyi kiriziya yatuwe umubyeyi bikiramariya kandi inafatwa nk`ikitegererezo cy`inyubako yomubwoko bwa Gothic (Ubuhanga bubakagamo amazu akomeye ikomoka mu baromani) mugihugu cyose cy`ubufaransa.

Icyiciro cya mbere cyo kubaka iyi nyubako cyatwaye hafi imyaka 200 kuko bivugwako yatangiye kubakwa ahagana mumwaka w`1160 kugihe cy`umusenyeli witwaga Maurice de Sully nyuma y`uko umwami Louis wa VII hamwe na PAPA Alexendre wa III bamaze  gushyiraho ibuye ry`ifatizo, bikavugwako icyo cyiciro cyarangiye mu mwaka w`  1345.

Nubwo iyi nzu yagiye irangwa n`ibihe bikomeye bigeye bitandukana, amarebe.com yabegeranirije ingero zimwe nazimwe muribyo:

  1. Mumwaka w` 1790, iyi kiriziya yarangijwe cyane mugihe cyamahindura yabafaransa (Revolution Francaise), aho muri icyo gihe ibikoresho binyuranye birimo n`amashusho yo mukiriziya yangijwe akanasenywa.
  2. Mumwaka w1804 umwami w`ubufaransa Napolewo wa mbere      (Napoleon I ) yakoresheje iyi kiriziya mubirori         byo kwimikwa ndetse anahakorera ubukwe bwe mumyaka mike yakurikiyeho.
  3.  Mumwaka w`1821 umwami Henry yaje kuhabatirizwa ndetse haza no guhsyingurwa aba perezida banyuranye             mumyaka yakurikiyeho.
  4. Mumwaka w 1944, muri iyi nyubako hijihirijwe ubwigenge bwa Parisi hanaririmbirwa indirimbo yitiriwe  Bikiramariyab izwi ku izina rya Manyifikati (Magnificat) .

Inkongi y`umuriro ku Notre Dame de Paris;Inkurumbi ku isi yose

Notre Dame mu nkongi y`umuriro

Nubwo ubushakashatsi bukomeje gukorwa kucyateye iyi nkongi, hakaba harimo gukekwako yaba ifitanye isano n`imirimo yo gusana iyi nyubako yarimo ikorwa, icyakora umukuru w`igihugu cy`ubufaransa akaba yemeyeko iyi nyubako izongera kubakwa vuba kuburyo izaba yarangiye nibura mumyaka 5 iri imbere.

 

 

 

Menya kuganira n`umubiri wawe

0
Ifoto yakuwe kuri murandasi

Mubuzima bwacu bwaburi munsi, umuntu wese ahora yifuza gukora cyane ngo atere imbere kuburyo tuba tutifuza gutakaza umwanya wacu habe n`iminota mikeya.

Ariko se waba witwara ute iyo umubiri wawe ugusabye umwanya mutoya nibura  wo kukuganiriza kabone n`iyo waba ufite ibyo gukora byinshi?

Ushobora kuba uhise wikanga ukibaza icyo kuganira numubiri wawe bisobanuye, ariko nubitekerezaho neza ntabwo biri bukugore kumva ko umubiri wacu ujya utuvugisha ukoresheje ibimenyetso nibyiyumviro bitandukanye.

Guha agaciro no gukurikirana ibimenyetso ndetse namarenga byumubiri wacu bidufasha gusobanukirwa ubutumwa umubiri uba ushaka kutugezaho; ukamenya ko niba umubiri ukubwiye uti hagarara ubwo hari ikibi kiba kikugarije.

Ifoto yakuwe kuri murandasi

Mubimenyetso umubiri ukoresha utuganiriza birimo nk`ubwoba, umunaniro ukabije, uburibwe butandukanye n`ibindi nkibyo bitewe n`uko umuntu aremye cyangwa n`aho ari. Ibyo bimenyetso kandi bigashobora kwigaragaza muburyo bukurikira:

1. Ita kububabare ubwo aribwo bwose wiyumvise mo:

Kumva ubabara imintsi, kubabara mungingo, guhora urwaye umutwe n`ahandi, menyako bidapfa kuza gusa.

Menyako umubiri wawe ushobora kuba urimo kukumenyesha ingaruka z`imirimo yawe yaburi munsi nko guhora wunamye imbere ya mudasobwa yawe, guhora utwaye imodoka, guhora uhanze amaso muri za ecrans, cyangwa se bikumenyesha ko hari ibyo umubiri wawe ukeneye wabuze nk`imyitozo ngororamubiri, amazi n`ibindi.

Kwita no gukurikirana ubu bubababre bituma ubushakira igisubizo vuba nko gushaka indorerwamo z`amaso agufasha kureba muri ecrans, gushyiraho gahunda y`imyitozo ngorora mubili n`ibindi.

2. Kumva umerewe nabi mumubiri mbese ntamahoro ufite

Hari igihe ushobora kumva usa nurwaye ariko kuburyo nawe udasobanukirwa nicyakubayeho nyamara ukumva nta mbaraga ufite hahandi ubwira umuntu uti ndumva meze nabi ariko sinzi icyo nabaye!!Iki nicyo bakunze kwita malaise.

Kimwe n`ibindi bimenyetso nko guta ubwenge by`igihe gito, kuzungera byahato nahato akenshi biba bishaka kukubwirako umubiri ufite ikibazo cy`isukari nkeya mumubili (Hypoglycemie) giterwa nokuba utariye cyangwa ukaba wariye nabi, kuba ufite umunaniro ukabije n`ibindi.

Nyuma yo gusuzuma ubwo butumwa uhawe n`umubiri wawe, uba ushobora nokujya gusura umuganga wawe kugirango nawe akugire inama.

3. Igihe wabuze ibitotsi

Ibitotsi nabyo biri muri kimwe umubiri ukoresha utumenyesha ko hari ikitagenda neza.

Iyo igihe wamaraga usinziriye cyiyongereye, ukabura ibitotsi cyangwa se ugakanguka hagati mu ijoro, icyo gihe gira amakenga kuko umubiri nabwo urimo kukuburira ko ubuzima bwawe bwo mumutwe ndetse n`umubiri wawe muri rusange bitarimo gukora neza.

Igihe ubonye ko gusinzira kwawe kutameze neza menyako bishobora kubabyatewe nazimwe mumpamvu tumaze kuvuga hanyuma ushake igisubizo gikwiriye nko gushaka umwanya wa sporo, gukora meditation, ndetse n`indi myitozo ishobora kugufasha gutuza no kwitekerezago neza.

4.Igihe wumva ububabare munda

Nk`uko inda yacu nayo twayigereranya n`ubwonko bwacu bwa kbili, ishobora nayo kutubwira ibitagenda neza mumubiri wacu. Ubu bubabare bushobora kuba buvuye mugifu igihe acide yabayemo nyinshi bitewe na stress cyangwa imirire mibi, ariko kandi bunashobora guturuka mumara bitewe n`ibyo twariye byatumye igogora ritagenda neza.

Ibi rero biratwereka neza ko buri mpinduka yose tubonye kumubiri wacu ishobora kuba ikimenyetso kitubwirako hari ibyo dukwiriye guhindura nk`imirire, kwita kumunaniro wacu n`ibindi.

5. Kugira ibisebe byo kuruhu

Uruhu rwacu narwo ni igice cy`umubiri gishobora kutumenyesha icyago cyugarije ubuzima bwacu.

Uruhu rero ruka rushobora kutumenyesha ibyago bitwugarije rukoresheje indwara zinyuranye ziza kuruhu zishobora guterwa n`ubuzima bwo mumutwe butameze neza,isuku nkeya n`ibindi.

Nubwo aribyiza kujya kureba impuguke mundwara z`uruhu ariko nawe ugomba gushyiraho akawe ukongera isuku murwego rwo kugabanya ibimenyetso by`ubwo burwayi ufite.

Menya amabanga y`icyumweru gitagatifu

0

Ubundi icyumweru gitagatifu kuba kirisitu ni icyumweru kibanziriza pasika kikaba gitangirwa numunsi mukuru wa mashani.

Iki cyumweru kikaba kigendereye kwibuka no gutekereza kububabare, urukundo, urupfu ndets no kuzuka by`umwami yezu/yesu.




Iki cyumweru kandi kigizwe niminsi itatu yingenzi (Triduum pascal) ariyo kuwa kane mutagatifu, kuwagatanu mutagatifu ndetse n`umunsi wo kucyumweru aba kirisitu bizihirizaho paska nyirizina.

Abakirisitu bo mu idini rya orthodoxes (soma orutodogisi, iki cyumweru bo bakita icyumweru gikuru (Grande semaine) cyangwa se icyumweru cy`imibabaro.

Iki cyumweru kandi kirangwa nibikorwa ndetse namakoraniro atandukanye ndetse agiye agira numwihariko bitewe numunsi w`icyumweru aba kirisitu bagezeho muri icyo cyumweru nkuko tugiye kubirebera hamwe:




Ifoto yakuwe kuti murandasi
  1. Icyumweru cya mashami (Dimanche des Rameaux /Palm Sanday)

Nkuko twabivuze tugitangira iyi nkuru, icyumweru gitagatifi gitangizwa n`umunsi wa mashami aho abakirisitu bizihiza kwinjira mumurwa wa yerusalemu kwa yesu nk`umwami.

Uyu munsi ukaba urangwa nogutanga ndetse no guhana amashami y`imikindo cyangwa ibindi biti byatoranijwe, hibukwa uko Yesu yakiriwe ubwo yinjiraga mumugi wa Yerusaremu.

2. Kuwa mbere mutagatifu

Muby`ukuri uyu minsi nta bikorwa byihariye byawugenewe, ahubwo usanga munyandiko nyinshi zivuga kubyerekeye icyumweru gitagatifu hazirikanwa uko Yesu yasuye inshuti ze I Betaniya hanyuma Mariya akamusiga amavuta y`igiciro kubirenge ategurira umubiri we gushyingurwa kwari kwegereje.

3. Kuwa kabili mutagatifu

Uyu munsi wakabili mutagatifu, birumvikanako Yesu yabaga arikwegera igihe cye cy`umubabaro. Uyu ni umunsi abakirisitu batekereza cyane kuburyo yesu yavuze uko azagambanirwa ndetse n`intumwa Petero ikazamwihakana.

4. Umunsi wagatatu mutagatafu




Kubera ko Yuda yari mumyiteguro yo kugambanira Yesu, kuri uyu munsi hazirikanwa uko Yuda yagiye kumvikana n`abatamyi uko azabafasha kubona yesu kubiguzi bingana n`ibiceli mirongoitatu.

5.  Umunsi wakane mutagatifu




Umuhango wokoza intumwa ibirenge (Photo yavanywe kuri murandasi)

Kuri uyu munsi, abakirisitu bazirikana gusangira kwa nyuma kwa Yesu n`intumwa ze nyuma yo kuzoza ibirenge. Abakirisitu baka biyibutsa itegeko ry`urukundo Yesu yategetse abigishwa be ubwo yicishaga bugufi imbere yabo akaboza ibirenge.




6.Uwa gatanu mutagatifu




Umunsi wa gatanu mutagatifu (Ifoto yakuwe kuri murandasi)

Kuri uyu munsi wa gatanu mutagatifu, abakirisitu bazirikana inzira y`umusaraba ya Yesu itangirira mukujyanwa imbere y`umwami witwaga Ponsiyo Pilatyo (Ponce Pilate) agacirwa urubanza rwo gupfa, bakamwikoreza umusaraba we hanyuma akaza kuwubambwaho kumusozi witwa Gologota (Golgotha) cyangwa Nyabihanga.




Abantu banyuranye bakaba bakora ibikorwa byo kwibabaza birimo kwiyima ibyo kurya, kwiyima abo bashakanye ndetse n`ibindi bikorwa bibabaza umubiri murwego rwo kwibuka imibabaro y`umwami Yesu/Yezu.

7. Kuwa gatandatu mutagatifu




Ifoto yakuwe kuri murandasi

Kumadini amwe n`amwe,umunsi wo kuwa gatandatu mutagatifu, ni umunsi urangwa n`umutuzo aho abakirisitu batekereza cyane kumibabaro, kurupfu ndetse no guhambwa kwa Yesu.

Icyakora mumugoroba w`uyu munsi, abakirisitu baterania hamwe mumugoroba bita igitaramo cya pasika aho baba biteguye guhimbaza izuka ry`umucunguzi.




8. Umunsi wa Pasika.




Ntawuri hano yazutse nkuko yabivuze Matayo 28:6

Icyumweru gitagatifu kikaba gisozwa n`umunsi wa pasika nyirizina, aho abakirisitu bishimira kandi bakizihiza izuka rya yesu/yezu.

Mumadini menshi ya gikirisitu, usanga abakirisitu banezerewe, bateguye indabo nziza, bagerageje kwambara neza ndetse n`indi myiteguru inyuranye kuburyo usanga haririmbwa n`indirimbo zivuga cyane kurupfu n`izuka by`umwami Yesu.




Tubibutseko igihe cya paska kimara iminsi mirongo itanu uhereye kumunsi mukuru wa paska kigasozwa n`umunsi mukuru wundi witwa umunsi wa pantekote tuzavugaho munkuru zacu zitaha.




Ibyiza bitanu (5) byo kurya witonze

0
Kurya twitonze biraruhura

Akazi kihutiwa, inama , urugendo nibindi byinshi akenshi usanga bitubera impamvu zituma dufata amafunguro yacu twihuta.

Nyamara gufata no kubaha igihe cyo kurya ni ingenzi cyane mu mikorere myiza y`umubiri wacu nkuko tubigirwaho inama nimpuguke mumirire nk`umufaransa kazi Charlotte Debeugny.

amarebe.com yabegeranirije ibintunbyiza bitanu (5) twungukira mugufata amafunguro yacu twitonze.

Kurya twitonze biraruhura

1. Kurya twitonze bifasha imigendekere myiza y`igogora

Iyo tutakanjakanje neza ibyo turiye ngo binoge, bishobora kugera mugifu birenze ingano igifu gishobora kwakira muburyo busanzwe.

Ibi rero bituma igogora rigenda gahoro, ibyo twariye bigatinda mugifu ndetse bikanazamura igipimo cya acide yo mugifu ishobora no kucyangiza igifu igihe ibaye nyinshi. 

Tubibutseko igogora ritangirira mugukanjakanja aho iyi ari intambwe ikomeye yogufasha urwungano rw`igogora kutinaniza ndetse bikanafasha mu ikorwa ryumusemburo uhagije  witwa enzyme wifashishwa mu igogorwa ryibyo tuba tumaze kukumira.

2. Kurya twitonze bituma umubiri wakira neza intunga mubili ukuye mubyo twariye

Igihe cyose tudafashe umwanya uhagije wo gukanjakanja ibyo turiye ngo tubinoze neza, igice kinini cyabyo gikomeza kuba uduce tunini kuburyo bitorohera urura rutoya gukuramo ibitunga umubiri wacu  ndetse  bikanadutera ibibazo binyuranye byigogora ryagenze nabi birimo nko kwiyongera kwimyuka munda ari byo benshi bazi nko gutumba.

Umuntu wese arahita yumvako iyo turiye twitonze, ibyo turiye biranoga bigahindukamo uduce dutoya cyane kuburyo urura rutoya rubasha gukuramo ibitunga umubiri wacu ukamererwa neza.

3. Kurya twitonze bidufasha gukurikirana ibiro byacu ndetse n`umubyibuho

Gufata umwanya uhagije  wokurya nibwo buryo bwambere bwo kumva niba uhaze neza cyangwa se ugikeneye gukomeza kurya.

Ibi bizakurinda guhora ufata ibyo kurya bya hato nahato benshi bakunda kwita kuryagagura bikaba bimwe mubitera umubyibuho ukamije.

4. Bidufasha kandi kurinda amenyo ndetse n`ishinya

Gukanjakanja neza ibyo turya biturindira amenyo

Ibyo kurya bisaba imbaraga mugihe cyo kubikanjakanja/kubihekenya, byongera amacandwe mukanwa arinabyo bigabanya cyangwa bikanamaraho umwanda ujya ufata kumenyo arinawo ushobora kwangiza igice cyinyuma cy`iryinyo ndetse n`ishinya.

Nigute wamenyako urimo gukanjakanja neza ibyo kurya?

Nkuko tubikesha inzobere mumirire, byaba byiza ugiye uhekenya/ukanjakanja ibyo utamiye nibura inshuro 15 kugeza kuri 20 kandi ukamira ibyo kurya ari uko wumbise byenda kuba nk`amazi.

Rambika ikanya/fourchette ku isahane yawe hagati yuko utamiye ibyo kurya no kongera gutamira indi nshuro kandi wirinde kugira indi mirimo ukora mugihe urimo gufata amafunguro yawe nko kureba television,gusoma nibindi kugirango igikorwa cy`ingirakamaro uriho kigende neza.

5. Kurya witonze biraruhura

Kurya twitonze kandi tubishyizeho umutima, twumva neza uburyohe bwabyo,ndetse n`impumuro yabyo bitugabanyiriza stress kuberako umutima ndetse n`ubwenge biba biri kubyo turimo kurya.

 

Tubifurije ubuzima buzira umuze

Ukuri kubintu 7 bivugwa kumasohoro y`abagabo

0

Ubundi se amasohoro ni iki?

Amasohoro ni amatembabuzi afite ibara ry`umweru akorwa nimyanya myibarukiro yabagabo akaba asohoka mumubiri mugihe kizwi kwizina ryo kurangiza/gusohora mugihe cyimibonanao mpuzabitsina. Aya masohoro kandi akaba ariyo atwara intanga ngabo mugihe cyo kujya gukora umwana nyuma yoguhura n`intanga ngore.

Ikindi twabibutsa ni uko amasohoro mazima aba afite intanga hagati ya miliyoni 20 kugeza kuri miliyoni 30 kuri buli ml imwe yamasohoro, akanagira nibitunga intanga bitandukanye birimo imyunyu ngugu nka kalisiyumu, manyesiyumu, fosifore, zink ndetse n amasukali.

Amasohoro kandi yigiramo nama vitamini nka C ndeste na B12 bamwe bakoresha nkizina ry`amasohoro ubwayo.

Kubera amakuru anyuranye avugwa kumasohoro kandi akenshi ugasanga atari n`ukuri, amarebe.com yabashakiye ukuri kubintu 7 bikunda kuvugwa kumasohoro aribyo bikurikira:

1. Ese koko amasohoro ni igikoresho gihebuje cy`ubwiza ?

Nkuko wenda nawe wagiye ubyumva ndetse rimwe narimwe ukanabisoma kumbuga zimwe nazimwe, abantu batandukanye bagiye bavuga ko amasohoro ari igikoresho ntagereranywa cyakugeza kubwiza ndetse akaba yanakuvura indwara nyinshi zuruhu nkibishishi, iminkanyari nibindi.

Nubwo amasohoro afite za proteyine,nkuko twabivuze haruguru, ariko ni izo gutunga intanga ,ntabwo rero byoroshye kwemezako hari aho zihuriye nokugira icyo  zahindura kubuzima ndetse no kuruhu rwacu  (usage externe).

2. Kumira amasohoro byanduza SIDA. 

Kuri iyi ngingo, ntagitangaje kirimo kuko ubusanzwe amatembabuzi atwara za virus na bacteries zikomoka kuburwayi bwandurira mumibonano mpuza bitsina (IST).

Icyakora nkuko tubikesha  portail VIH/sida du Québec, akanwa  gafite ubushobozi bwogukumira VIH/SIDA hakoreshejwe amatembabuzi aba mukanwa kereka igihe mukanwa haba harimo udusebe cyangwa ubundi burwayi.

Ibyago rero byo kwandura SIDA muri ubu buryo akaba ari bikeya cyane, nubwo hari izindi ndwara zishobora kwandurira mukanwa nka syphilis nizindi.

3. Koko se amasohoro arabyibushya?

Iki nacyo ni ikibazo cyibazwa n`abantu benshi cyane cyane urubyiruko doreko abenshi muribo baba barabonye amakuru atariyo cyangwa adahagije.

Nkuko abahanga mubyumubiri wumuntu babivuga, mubigize amasohoro harimo  n`ikinyabutabile cyitwa alcaline kigira uruhare mukugabanya umubyibuho gikoresheje gutwika ibinure byo mumubiri.
Nubwo iki kinyabutabire ari gikeya, ibi birerekanako amasohoro adashobora kubyibushya uwayamize ahubwo ashobora kumunanura nubwo nabyo byasaba kuyamira kenshi kumunsi.

4. Nibyo se koko ubushyuhe bukabije kubugabo (amabya) bwatuma umuntu atabyara?

Abahanga mubumenya muntu bavugako kuba ubugabo (amabya) bwabagabo butaba imbere mu mubiri bukaba buri imyuma, bifite igisobanuro gikomeye kuko ikorwa ryintanga ngabo riba ryiza kubushyuhe buri munsi y`ubwo mu mubili wacu imbere nukuvuga 37 °C.

Nubwo atari byiza ko ubugabo bwumuntu buhora bufite aho buhurira nubushyuhe bukabije, ntabushakashatsi bwimbitse bwagaragajeko ubushyuhe bushobora gutuma umuntu atabyara bitewe n`iyo mpamvu. Gusa hari abavugako intanga zishobora gutakaza ingufu cyangwa zikagabanuka.

5. Umuntu ufite amasohoro makeye aba afite ibyago byo kutabyara.

Ingano yamasohoro nayo iba mubikunda kutavugwaho rumwe nabantu batandukanye ariko tubibutseko ingano yamasohoro iri mukigero cyiza ingana na 4 kugera 6 ml igihe umugabo arangije/asohoye inshuro imwe nkuko bivugwa nabahanga mubyubuzima bwimyororokere.

Bakomeza bavugako rero nubwo iyi ngano ishobora guhinduka kumpamvu zitandukanye, ariko ubushobozi bwazo butajya buhinduka. Icyakora igihe intanga kuri buri ml iyo zagiye munsi cyane y`ikigero gisanzwe, icyo gihe nukugana abaganga

6. Hari ibyo kurya byongera amasohoro

Nubwo abantu babivuga muburyo butandukanye, bamwe bakavuga ko hari ibyo kurya no kunywa byongera amasohoro nkinzoga nibindi, ibi ntabwo aribyo ahubwo inzira yambere yo kongera amasohoro nkuko tubikesha urubuga e-sante.fr ni ukwifata no kurangiza inshuro nkeya (abstnance).

Icyako hari nizindi nyandiko zivugako amasohoro ashobora nanone kongerwa no gukora imyitozo ngororamubiri, kurya indyo yuzuye, kwirinda umubyibuho ukabije ndetse no kwivuza vuba igihe wibonyeho indwara zandurira mu mibonano mpuza bitsina.

7. Kugira amasohoro menshi byica intanga

Ubundi bavugako umuntu afite amasohoro menshi iyo ashobora gusohora hejuru ya ml 6 z`amasohoro igihe arangije inshuro imwe.Ibi rero hari abantu benshi babiheraho bavugako uyumuntu ashoboa kuba arwaye prostate ariko mubyukuri ntaho bihuriye n`ukuri.

Kuba rero umuntu ashobora kugeza muri ml 6 birashoboka igihe amaze igihe adakora imibonano mpuzabitsina (periode d`abstnance).Icyakora biramutse bibaye kandi utari uri muri icyo gihe cyo kwifata,byaba byiza wegereye muganga.

Uko bahitamo amabara akoreshwa kwa muganga

0

Mubihe binyuranye ndetse no mumavuriro anyuranye wabashishe kugeramo wenda urwaye cyangwa urwaje, wagiye ubonamo amabara atandukanye kubikoresho bikoreshwa kwa muganga birimo imyenda y`abarwayi, imyenda y`abaganga n`abaforomo, amashuka n`ibiringiti, ibitambaro bitandukanye byo kwa muganga n`ibindi.

Birashobokako utigeze ubitekerezaho cyangwa ngo ubitindeho ariko buriya ariya mababra ntabwo bayahitamo uko biboneye hari byinshi byitabwaho munyungu z`umurwayi ndetse n`abaganga ubwabo.

Nkuko tubikesha raporo yakozwe n`ikigo cyitwa CHD (Center for Health Design) ndetse n`ibiganiro amarebe.com yagiranye n`abantu batandukanye bameneyereye kandi bakora mumavuriro akomeye hano murwanda, twasanze amabara akoreshwa mubigo bitanga ubuvuzi uhereye kubikuta by`inzu z`abarwayi, laboratwali ndetse ukageza no munzu y`iseta (Operationg room/salle d`opperation) agira ingaruka nini kumigendekere myinza y`ubuvuzi ndetse no kumererwa neza kw`abarwayi ndetse n`abaganga.

Bimwe mubigomba  kwitabwaho muguhitamo amabara yo kwa muganga 

1. Ibyumba by`abarwayi: Abarwayi bagomba kwiyumva nkabari ahantu hasanzwe. (Feeling at home)

Nubwo ntabyemezo byinshi byahuririweho n`abashakashatsi muburyo amabara agira uruhare mugukira kw`umurwayi uri kwa muganga/mubitaro, amambara y`aho umurwayi arwariye ahindura byinshi mubyiyumviro n`amaranga mutima bye.

Kubushakashatsi bwakorerwe kubintu 68 bishobora gufasha umurwayi uri mubitaro, abarwayi bose bagaragajeko bahitamo kurwarira mucyumba gisize amarange y`ibara ryerurutse ndetse nogukoresha ibindi bikoresho byose by`iryo bara nk`imyenda y`abarwayi, amashuka, intebe n`ibindi. Ibi kandi bikaba bigabanya stress yaba kumurwayi ndetse no kubamurwaje.

Ikindi nuko amabara apika cyane ubu bushakashatsi bwagaragajeko ananiza (mumutwe) yaba umurwayi ndetse n`abarwaza. Akaba rero atari byiza kuyakoresha aho abarwayi barwariye cyangwa bazatinda cyane nk`aho abarwayi bategerereza (waiting area),munzu z`indembe (Emergency ande Intersnive care uties,,,,)

2. Aho abaganga n`abaforomo bakorera (Employee spaces)

Guhitamo amabara akwiriye, bifasha kandi abaganga n`abaforomo kumva bameze neza igihe barimo kwita kubarwayi doreko baba bagomba gukora igihe kinini, kuba bahorana stress kubera imiterere y`akazi ko kuvura ndetse no guhagarara igihe kinini.

Kubwizi mpamvu rero, aba nabo baba bakeneye ahantu hatuje ho gufatira akaruhuko gatoya ngo babone uko bakomeza akazi kabo. .

Inyigo zitandukanye zakozwe zagiye zigaragaza ko ibyumba birimo amarangi agaragara cyane ndetse n`urumuri ruhagije aribyo aba baganga bahitamo gufatiramo akaruhuko kabo gatoya mugihe abenshi bahitamo ibyumba bitabona cyane kandi binafite urumuri rugereranije igihe bashaka kuruhuka igihe kinini.

3. Ibyumba babagiramo abarwayi/Iseta (Operating rooms):

Muri ibi byumba, abaganga babaga abarwayi (surgeons and surgcal nurses) baba bitaye gusa ku ibara ritukura cyangwa se amaraso!

Ibi birasobanura cyane impamvu muri ibi byumba by`iseta udasangamo ibara ry`umweru risanzwe ari ntagereranywa mubindi bice byinshi by`ibitaro,ahubwo ugasanga hakoreshwa gusa inkuta n`ibikoresho bifite ibara ry`icyatsi kibisi cyangwa n`ibara ry`ubururu kugirango bitandukanye n`ibara ritukura ry`amaraso y`abarwayi.

Ikindi twabibutsa nuko imyenda umurwayi aba yambaye cyangwa se ibyo aba aryamyeho igihe ari mu iseta bigomba kuba ari ubururu cyangwa icyatsi kibisi.

Kuberako iyo umaze igihe kinini ureba ibara rimwe ukomeza kubona uduce twaryo igihe urebye murindi bara (afterimage effect),nibyiza cyane kutambika ndetse no kutaryamisha umurwayi kumyenda y`umqweru cyangwa se ngo tugire inkuta z`umweru.

4. Ibyumba by`abarwayi b`abana:

Uburyo ibyumba by`abarwayi bitunganywa, hashingirwa kandi kuburwayi bwabo ndetse n`imyaka yabo aho usanga nko mubyumba abana barwariramo usanga hateyemo amarange y`amabara ndetse n`ibishushanyo by`abana bifasha abana barwaye kwiyumva nkabari murugo iwabo mugihe cyose bamara kwa muganga.

Kubijyanye kandi no gutunganya ibyumba by`abarwayi hagendewe kuburwayi, raporo ya CHD itanga urugero rw`umurwayi ufite indwara yitwa jaundice/yellowing aho bakomeza bavugako abaganga bashobora kugorwa no kuyibona igihe barimo gusuzuma umurwayi mugihe inkuta zose zaba ari umuhondo cyangwa ubururu.

5. Amabara ahindura imitekerereze y`umurwayi

Nubwo ntabimenyetso bifatika byigeze bigaragazwa, gukoresha amabara hagendewe kubazivuriza cyangwa kumirimo izakorerwa aha cyangwa hariya, amabara ashobora cyane kuzana impinduka mumikoreshereze y`icyumba ndetse nugufasha umurwayi mumikirire ye binyuze mubyiyumvo n`imitekerereze akomeza kugira abitewe n`ahantu heza arwariye.

Tubifurije ubuzima buzira umuze.

Menya ibihugu icumi bifite ingabo nyinshi ku isi

0

Buri gihugu kigira ingabo zokukirindira umutekano ndetse no gutanga umusanzu natagereranwa mugushyira gahunda (Ordre ) mugihugu. Igihugu kidafite ingabo zifite ibikoresho ndetse n`ubumenyi buhagije twese turabiziko byazigora kugera kunshingano zazo zitoroshye kabone n`ubwo zaba zifite ubushake.

Umubare w`ingabo igihugu kiba gifite nawo ntiwasigwa inyuma mukugaragaza imbaraga z`igisirikali z`igihugu iki n`iki. Niyo mpamvu amarebe.com yifashishije icyegeranyo cyatangajwe n`urubuga Naijaquest.com, twabegeranirije ibihugu icumi birusha abindi umubare munini w`ingabo:




1. Igihugu cy`ubushinwa

Iki gihugu nicyo gifite umubare munini w`ingabo kikaba gifite ingabo zigera 2 190 000




2. Igihugu cy`ubuhinde

Igihugu cy`ubuhinde nicyo kiza kumwanya wa kabili ku isi mukugiraumubare munini w`ingabo kuko gifite izigera ku 1 400 000




3. Leta zunze ubumwe za Amerika

Leta zunze ubumwe za Amerika ziza kumwanya wa gatatu kuko ingabo zayo zigera kuri 1 347 300




4. Korea y`amajyaruguru

Korea y`amajyaruguru iza kumwanya wa kane mubihugu bifite ingabo nyishi kuko ifite abagera kuri 1 190 000. Byumwihariko iki gisilikari kiri mubisirikare biteye amatsiko kikaba kinazwwiho gutunga no gukora intwaro za Kirimbuzi.




5. Uburusiya

Igihugu cy`uburusiya gishyirwa kumwanya wa gatanu n`umubare wabwo w`ingabo kuko ingabo z`uburusiya zigera kuri 831 000.




6. Pakistani

Ingabo 653 800 za Pakistani zishyira iki gihugu kumwanya wa gatandatu mubihugu bifite umubare munini w`ingabo ku isi.




7.Korea y`amajyepfo

Igihugu cya Koreya y`amajyepfo gifita ingabo zigera kuri 630 000,uyu mubare ukaba ushyira iki gihugu kumwanya wa 7




8. Irani

Kumwanya wa munani mubihugu bifite ingabo nyinshi ku isi haza igihugu cya IRANI kikaba gifite ingabo zigera kuri 530 000.Iki gihugu kandi kikaba kiri nomubihugu byahuye n`ibikorwa byinshi by`iterabwoba.




9. Vietnamu

Iki ni kimwe mubihugu byiza kandi bifite n`ahantu henshi nyaburanga habereye ubukerarugendo. Kikaba kandi kiza kumwanya wa 9 mubihugu bifite ingabo nyinshi kuko zigera kuri 490 000.




10. Igihugu cya Misiri

Iki gihugu n`ubwo kigaragara kumwanya wanyuma muri topten,ntibivugako gifite ingabo nkeya ahubwo ni umwanya kibona ugereranije n`ibihugu byakorewe igenzura hamwe nacyo kuko gifite ingabo zigera kuri 439 000.




AKAZI

Accountant at SALVOGRIMA Ltd : Deadline: 23-10-24

RECRUITMENT OF ACCOUNTANT AT SALVO GRIMA RWANDA About Salvo Grima Group Salvo Grima Group is a dynamic group of companies specializing in distribution, ship supply, retail and wholesale. Established in 1860 in Malta, Europe, and now...

Operations Manager at SPOUTS of Water Rwanda Ltd. | Kigali : Deadline: 15-11-2024

JOB INFORMATION Job Title: Operations Manager Reports to (Job Title): Country Director Rwanda Department: Operations Department Location: Kigali Country: Rwanda MAIN RESPONSIBILITIES RESPONSIBILITIES UNIQUE TO THE ROLE  Responsibilities  % contribution to job’s performance   1. Inventory Management: Manage inventory levels, determine economic order quantities, monitor stock performance, and safeguard items from misuse for effective and authorized utilization at SPOUTS.   20%   2. Logistics Management: Develop and manage logistics operations, including determining product handling...

HR Manager at SPOUTS of Water Rwanda Ltd. | Kigali:Deadline: 15-11-2024

JOB INFORMATION Job Title: HR Manager Reports to (Job Title): Reports to Chief of Staff (based in Kampala, Uganda) Department: Human Resources Location: Head Office Country: Rwanda (adsbygoogle = window.adsbygoogle || ).push({}); PURPOSE OF THE JOB To spearhead the...

Director of Administration and Campus Operations at University of Kigali | Kigali :Deadline:...

University of Kigali is Seeking a Director of Administration and Campus Operations Position Overview: University of Kigali(UOK) is seeking a dynamic and experienced individual to fill the role of Director of Administration and Estate Management. This...

ECD Field Officer at DUHAMIC-ADRI | Nyamasheke :Deadline: 22-10-2024

JOB ADVERTISEMENT DUHAMIC-ADRI is a local non-profit organization based in Kigali, Kicukiro District, Niboye Sector. From November 2021, DUHAMIC-ADRI in partnership with CRS is implementing the Inclusive Nutrition and Early Childhood Development (INECD)- USAID GIKURIRO...