Categories: AHABANZAURUKUNDO

Amaso akunda aravuga: Umva uko wamenya umugabo uri murukundo

Twizereko udatangara cyane nituvugako amaso akunda avuga ndetse rimwe narimwe akarusha ururimi!

Ibi twabikomoye kubagabo/abahungu bakunda ariko ntibashobore gutobora ngo bavuge ko urukundo rwabarenze,ahubwo ukabibwirwa n’indoro yabo cyangwa indi myifatire yabo imbere y’uwo bakunze.

Muri iyi nkuru twaguteguriye bimwe mubizakubwira  umugabo/umuhungu wasaritswe n’urukundo ariko akaba adashobora kubivuga bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo ubwoba, isoni, n’ibindi.



1. Burya umubiri we wakwereka  ko agukunda

Cyane igihe wicaranye bwambere n’umugabo/hungu wagukunze, wisuzugura ibimenyetso by’umubiri we (nk’ubwoba, kubira icyuya cyaburi kanya, gutera bidasanzwe kw’umutima, isoni, kuvuga utugambo twinshi, kubura ibyo avuga n’ibindi) kuko ibi ni simusiga ko yasaze kubwawe!

2. Kugukunda abifatanya no kukwifuza

Cyane cyane mumyaka y’ubugimbi, ntibyoroshye gutandukanya urukundo n’amaranga mutima yo kwifuzanya, ariko kubakuru twese turabizi ko ushobora kwifuza uwo udakunda ariko ko udashobora gukunda uwo utifuza!

Nkuko tubikesha impuguke mumitekerereze yamuntu, umugabo/hungu wagukunze uzamubwirwa nokukwerekako  akwifuza cyane icyakora ataribyo ashyize imbere. Aha niho hashobora nokuzava icyifuzo cyo kuzabana!

Izindi nkuru wasoma bijyanye:

1.Aya mabanga 5 ni ingenzi niba ushaka kugira urukundo rw’igihe kirekire

2. Inama 5 Ku ijoro ryanyuma ry’ubuseribateri

3. Akunda kukuvuga aho ari hose

Nubwo atabikubwiye, umugabo/hungu wagukunze ahoza ibyiza byawe kururimi abibwira abavandimwe be ndetse n’inshuti ze, kugeza n’aho ahorana n’agafoto kawe agendana!

Kabone nubwo yaba atarakujyana mumuryango, ariko kuba akuratira umuryango we, menya ko wamutwaye umutima kera!

4. Aragukunda niba agushyira mumishinga ye y’ahazaza

Byose bitangira gahoro gahoro, muhurira ahantu, ejo mugasohokana, mugatangira nogupanga iby’igihe kirekire byazabageza nokuguhinduka umwe (urugo).

Nubona uko bukeye mugenda murushaho kumva ibintu kimwe, uziturize urukundo rwanyu rushobora kuzaramba!

5. Niba akwitaho, aragukunda

Burya murukundo hari ibimenyetso bitajya bibeshya. Niba ubona umugabo/hungu umwitaho nawe akakwitaho, agahora ahangayikishijwe n’umunezero wawe, akubaza uko umerewe, akagushyigikira mubyo ukora n’ibindi, menyako agukunda rwose.

Tubibutse ariko ko abantu badakunda kimwe kandi ntibanaryoherwe n’urukumdo kimwe. Emera rero agukunde uko abizi kandi nawe mureke aryoherwe uko abishaka!

Wasoma n’izi:

1. Reka gukoresha udutima mubutumwa bugufi utazi icyo tuvuga

2. Ibintu 11 abakundana bose bagomba kwitondera mbere yo gushinga urugo



admin

Recent Posts

AMAHIRWE YO GUCUNGA AMAVURIRO Y`IBANZE 17 ( HEALTH POSTS) MUKARERE KA NYABIHU: DEADLINE:29/05/2024

Kabinyujije kurubuga rwako, Akarere ka Nyabihu kamenyesheje abantu bose babishaka akandi babifitiye ubushobozi ko hari…

4 hours ago

GAHUNDA Y`IBIZAMI NI BY`AKAZI KUMYANYA ITANDUKANYE MUKARERE KA RUBAVU (13-24/05/2024)

Bubicishije kurubuga rwako, ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abakandida bemerewe gukora ikizamini cyanditse (Online physical…

5 hours ago

3 Job Positions Positions at Baho International Hospital (BIH): Deadline: 15 June 2024

Baho International Hospital (BIH) would like to recruit on the following positions: 1) Nurses& Midwives,…

5 hours ago

Food and Nutrition Security Analyst/Report Writer at World Food Programme: Deadline: 31 May 2024

BACKGROUND AND PURPOSE OF THE ASSIGNMENT The 2024 CFSVA will be conducted jointly by the…

5 hours ago

Clinical Psychologist for Clinic at United Nations Development Programme: Deadline: 24 May 2024

CLINICAL PSYCHOLOGIST for UN Clinic Procurement Process : IC - Individual contractor Office : UNDP-RWA…

5 hours ago

Rwanda (Q2) 2024 Internship at One Acre Fund | Kigali & Rubengera : Deadline: 30-06-2024

About One Acre Fund Founded in 2006, One Acre Fund supplies 1 million smallholder farmers…

5 hours ago

This website uses cookies.