Uruganda rukora impinja rwarafunguwe? Bashaka gusimbura Imana?

Aya ni amwe mumagambo yanditswe nukoresha urukuta rwa Tweeter ruri kumazina ya TRUTH PILLS aho ugenekereje yagize ati ” Barimo gukora impinja bakoresheje ikorana buhanga;ati wagirango ni aho bororera amatungo”.

Uwanditse ayamagambo akaba yarayakuye kuri video imaze iminsi ishyizwe hanze n`uwitwa Hashem Al-Ghaili abinyujije kumurongo we wa Youtube aho yagaragazaga igisa n`uruganda rushobora gukorerwamo impinja bidaciye muburyo busanzwe bwo gutwita no gukurira munda y`umubyeyi kw`umwana ahubwo byose bigakorwa n`imashini binyuze mumushinga wiswe  EctoLife.



Iyi video ikaba isobanurako uruganda rumwe rushobora gukora nokurera impinja zigera kubihumbi maga atatu  (300 000) buri mwaka .

Nubwo ariko iyi viedo yakomeje kuvugisha benshi,ikinyamakuru Reuters cyatangajeko nyiri iyi videwo yakibwiyeko ibi yabikoze nka filime ko bitari byakorwa ahubwo bikiri imishinga nubwo hari benshi bamaze kubifata nkibyatangiye gukorwa kubera amashusho atandukanye yamaze gukwirakwiza.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Hashem Al-Ghaili yatangajeko uyu mushinga igihe uzaba watangiye gukora uzafasha ababyeyi bakuwemo Nyababyeyi kubera impamvu zitandukanye bakabasha kugira abana; ukazakuraho kandi kubyara abana batagejeje igihe; kubagwa kw`abagore mugihe cyo kubyara;gukuraho ibibazo biterwa no gutwita ndetse ukazanafasha ibihugu bifite ikibazo cy`igabanuka rikabije ry`abaturage birimo nk`Ubuyapani;Burugaliya; Koreya y`epfo n`ibindi.



Ikindi gitangaje kivugwa muri uyu mushinga nuko bishoboka kuba wagira uruhare mukugena imiterere y`umwana wawe bitewe n`uko ubyifuza birimo ibara ry`amaso ye; ibara ry`umusatsi we; indeshyo ye; ikigero cy`ubwenge wifuzako azagira ndetse nokuba yakurwamo ibyago byokwandura indwara z`uruhererekane rw`imiryango.

Ibibyose akaba aribyo bikomeje kuvugisha benshi kumbuga nkoranya mbaga bamwe babishima ariko abandi bavugako byaba aribimwe mubimenyetso bikomeye byerekana iminsi yanyuma isi yaba igezemo ndetse banibaza ikizakurikiraho ndetse n`ubuzima bw`abana bazaba baravutse muri ubu buryo.

Kanda hano urebe inkuru irambuye kuri  Reuters

Kanda hano urebe ibindi bisobanuro kuri uyu mushinga

Kanda hano urebe video n`imiterere y`urwo rugamba







admin

Recent Posts

DRIVER JOB POSITION AT PMC FOR SFVCM PROJECT:DEADLINE:26.05.2024

  Job Title: Driver at PMC for SFVCM project. Company Name: PMC Location: Kigali –…

4 hours ago

Imyanya y`akazi igera ku 170 (A2,A1;A0,Master`s; Ubushofeli,…) mubigo no mumashami bitandukanye itararangiza ihigihe: Yegeranijwe kuwa 19/05/2024

Kanda kumwanya wifuza kudepozaho urebe amakuru yose ajyanye nawo: 50 Job positions of Call Centre…

21 hours ago

5 Job Positions at Project Accountant at Benishyaka | Kigali :Deadline: 04-06-2024

Click on the Job position of your choice for details: 2 Job Positions of Field…

24 hours ago

IT and communication Officer (under the project : AI and IoT Applied research commercialization through Incubation and Innovation Hub): Deadline:

4. APPLICATION PROCEDURE Interested and qualified candidates should submit their applications online to the following…

1 day ago

ITANGAZO RYO KWEGURIRA URUGANDA RW’IMYUMBATI RW’AKARERE KA NGORORERO ABIKORERA: Deadline: 03/06/2024 Saa kumi n’imwe (17h:00) za nimugoroba

ITANGAZO RIHAMAGARIRA BA RWIYEMEZAMIRIMO GUPIGANIRWA URUGANDA RW’IMYUMBATI RW’AKARERE KA NGORORERO Mu rwego rwo gushyira mu…

1 day ago

Data strategist and center manager (under the National Institute of Health Research (NIHR) Global Health Research Unit on Global Surgery : Deadline: 27/5/ 2024

JOB ANNOUNCEMENT FOR THE POSITION OF DATA STRATEGIST AND CENTER MANAGER (UNDER THE NATIONAL INSTITUTE…

1 day ago

This website uses cookies.