Categories: UTUNTU DUTANGAJE

Menya umubare w`umusatsi dutunze!!

Umusatsi ni iki?

Urugero rw`imisatsi y`umwimerere

Kimwe n`ibindi bice by`umubili w`umuntu ndetse n`uwinyamaswa bihuza umubiri w`imbere ndetse n`isi yo hanze nk`inzara, amababa, uruhu rukomeye rw`inyamanswa zimwe nazimwe nk`inzoka, akanyamasyo n`izindi, amajanja , umusatsi ugizwe ahanini na proteine yitwa Kératine iwurinda imbaraga zituruka kuzuba zitwa UV ndetse n`ibindi bintu bishobora kuwangiza.

Waba se uzi umubare w`umusatsi wawe?

Nubwo ntamubare uzwi neza w`umusatsi uba kumutwe w`umuntu, icyakora inyandiko zitandukanye zigaragazako umuntu agira hagati y`imisatsi 100 000 – 150 000 ariko iyi mibare ikaba ishobora gutandukana bitewe n`igitsina, ibara ry`umusatsi, imyaka ndetse n`uburyo umuntu abayeho.

Urugero rusobanura ibi nuko umusatsi wijimye uba ubyibushye kurusha umusatsi werurutse, bityo umusatsi werurutsera ukaba ushobora kuba mwinshi kumutwe kurenza umusatsi wijimye.

Inyandiko zitandukanye zikomeza zivugako umuntu atakaza imisatsi iri hagati ya 40 na 50 kumunsi ariko kandi ikaba ishobora no kwiyuburura buri myaka 2-4 kubagabo n`imyaka 4-7 kubagore ikazabikora hafi inshuro 10 aho noneho umusatsi uzatangira kujya umera ari umweru kuberako ibitunga umusatsi biba bimaze gukendera kubera imyaka tuba tugezemo.

Nigute se umuntu azana uruhara?

Urugero rw`umutwe ufite uruhara

Uruhara ni itakara ry`umusatsi riva mukubura imisatsi iri hejuru ya 50 kumunsi nk`uko twabibonye hejuru, bikaba bishobora guterwa n`uruhererekane rw`umuryango (herdite) cyangwa se bikaba byaturuka kuzindi mpamvu nko gushira kw`ibitunga umusatsi kubera gukura n`ibindi.

Hakaba hariho uburyo butandukanye bwo kuvura uruhara cyangwa nibura kugabanya umuvuduko wokugwa kw`umusatsi hakoreshejwe amavitamine atandukanye ndetse n`indi miti nka « Remède-miracle » contre la calvitie (Le Pèlerin, 1913), Finastéride, Minoxidil, Dutastéride n`indi ushobora kubwirwa na muganga.

Ni gute twakwita kumusatsi wacu?

Kimwe n`izindi ngingo z`umubili wacu, umusatsi nawo ukeneye gukorerwa isuku muburyo butandukanye ariko ubw`ingenzi twavuga ni nko kuwumesamo dukoresheje amasabune yabugenewe, kwiyogoshesha igihe byabaye ngombwa, kudahora kuzuba, gusiga amavuta yabugenewe umutwe, kudasokoresha igisokozo kimwe muri benshi n`ibindi.

admin

Recent Posts

DRIVER JOB POSITION AT PMC FOR SFVCM PROJECT:DEADLINE:26.05.2024

  Job Title: Driver at PMC for SFVCM project. Company Name: PMC Location: Kigali –…

2 hours ago

Imyanya y`akazi igera ku 170 (A2,A1;A0,Master`s; Ubushofeli,…) mubigo no mumashami bitandukanye itararangiza ihigihe: Yegeranijwe kuwa 19/05/2024

Kanda kumwanya wifuza kudepozaho urebe amakuru yose ajyanye nawo: 50 Job positions of Call Centre…

20 hours ago

5 Job Positions at Project Accountant at Benishyaka | Kigali :Deadline: 04-06-2024

Click on the Job position of your choice for details: 2 Job Positions of Field…

22 hours ago

IT and communication Officer (under the project : AI and IoT Applied research commercialization through Incubation and Innovation Hub): Deadline:

4. APPLICATION PROCEDURE Interested and qualified candidates should submit their applications online to the following…

23 hours ago

ITANGAZO RYO KWEGURIRA URUGANDA RW’IMYUMBATI RW’AKARERE KA NGORORERO ABIKORERA: Deadline: 03/06/2024 Saa kumi n’imwe (17h:00) za nimugoroba

ITANGAZO RIHAMAGARIRA BA RWIYEMEZAMIRIMO GUPIGANIRWA URUGANDA RW’IMYUMBATI RW’AKARERE KA NGORORERO Mu rwego rwo gushyira mu…

23 hours ago

Data strategist and center manager (under the National Institute of Health Research (NIHR) Global Health Research Unit on Global Surgery : Deadline: 27/5/ 2024

JOB ANNOUNCEMENT FOR THE POSITION OF DATA STRATEGIST AND CENTER MANAGER (UNDER THE NATIONAL INSTITUTE…

23 hours ago

This website uses cookies.