Menya byinshi kuri Kiriziya yahiye mu gihugu cy`ubufaransa

0
1050
Notre Dame mbere y`inkongi y`umuriro

                           NOTRE DAME DE PARIS

Notre Dame mbere y`inkongi y`umuriro

Notre Dame de Paris ugenekereje bivuze Umugore wacu w` i Parisi, ni kiriziya Gatorika ishaje kandi nini cyane mugice cyuburengerazuba bw`isi ikaba yubatswe  kukirwa cyitwa site (Cité) mukarere ka kane muri makumyabili tugize umugi wa Parisi (Paris) mugihugu cy`ubufaransa.

Iyi kiriziya yatuwe umubyeyi bikiramariya kandi inafatwa nk`ikitegererezo cy`inyubako yomubwoko bwa Gothic (Ubuhanga bubakagamo amazu akomeye ikomoka mu baromani) mugihugu cyose cy`ubufaransa.

Icyiciro cya mbere cyo kubaka iyi nyubako cyatwaye hafi imyaka 200 kuko bivugwako yatangiye kubakwa ahagana mumwaka w`1160 kugihe cy`umusenyeli witwaga Maurice de Sully nyuma y`uko umwami Louis wa VII hamwe na PAPA Alexendre wa III bamaze  gushyiraho ibuye ry`ifatizo, bikavugwako icyo cyiciro cyarangiye mu mwaka w`  1345.

Nubwo iyi nzu yagiye irangwa n`ibihe bikomeye bigeye bitandukana, amarebe.com yabegeranirije ingero zimwe nazimwe muribyo:

  1. Mumwaka w` 1790, iyi kiriziya yarangijwe cyane mugihe cyamahindura yabafaransa (Revolution Francaise), aho muri icyo gihe ibikoresho binyuranye birimo n`amashusho yo mukiriziya yangijwe akanasenywa.
  2. Mumwaka w1804 umwami w`ubufaransa Napolewo wa mbere      (Napoleon I ) yakoresheje iyi kiriziya mubirori         byo kwimikwa ndetse anahakorera ubukwe bwe mumyaka mike yakurikiyeho.
  3.  Mumwaka w`1821 umwami Henry yaje kuhabatirizwa ndetse haza no guhsyingurwa aba perezida banyuranye             mumyaka yakurikiyeho.
  4. Mumwaka w 1944, muri iyi nyubako hijihirijwe ubwigenge bwa Parisi hanaririmbirwa indirimbo yitiriwe  Bikiramariyab izwi ku izina rya Manyifikati (Magnificat) .

Inkongi y`umuriro ku Notre Dame de Paris;Inkurumbi ku isi yose

Notre Dame mu nkongi y`umuriro

Nubwo ubushakashatsi bukomeje gukorwa kucyateye iyi nkongi, hakaba harimo gukekwako yaba ifitanye isano n`imirimo yo gusana iyi nyubako yarimo ikorwa, icyakora umukuru w`igihugu cy`ubufaransa akaba yemeyeko iyi nyubako izongera kubakwa vuba kuburyo izaba yarangiye nibura mumyaka 5 iri imbere.

 

 

 

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here