Categories: UTUNTU DUTANGAJE

Inama 5 zagufasha kurangiz umunsi wawe neza ukishimira ibyo wagezeho

Nibyo ntawe utifuza kugera kuntego ze z`umunsi ndetse ngo aze kuruhuka nijoro yishimira uko umunsi wamugendekeye. Nyama abenshi muri twe turangiza umunsi tuganya ngo ubu koko umunsi urangiye ute;ngo amasaha yubu asigaye yihuta;abandi bati ndaye ntacyo nkoze n`ibindi nkibyo.

Twifashishije urubuga https://www.prepeers.co/; twakwegeranirije inama 5 zingenzi zagufasha gutegura ndetse nokurangiza neza umunsi wawe uko wabyifuzaga:



Inama yambere: Ihe intego z`umunsi

Kugirango utaza gutakaza umunsi wawe; mbere yo kuryama fata umwanya muto maze wihe intego wifuza kugeraho kumunsi ukurikira. Zishyire kumurongo ukurikije uburemere ndetse nuko zihutirwa maze mugitondo uze guhera kuziremereye kurusha izindi doreko ari nabwo uba ugifite akabaraga.

Inama ya 2: Soma igitabo mbere yo kuryama

Kugirango uzashobore gukoresha umunsi wawe neza, ningombwa ko uba wasinziriye neza maze ukaruhuka bihagije. Gusoma igitabo uhisemo mbere yo kuryama nibura mugihe kingana n`iminota 30 nibimwe mubigabanya umunaniro w`ubwonko bigatuma uza gusinzira neza ndetse bikanagufasha kuba wakwiyungura ibitekerezo bishya bizagufasha kumunsi ukurikiyeho.

Inama ya 3: Rwanya kuryamira

Niba ushaka kuza gukoresha umunsi wawe neza, itoze kubyuka kare utaryamiriye.Ibi kandi kugirango ubigereho ntibisaba guhora ukoresha uburyo bukubyutsa (gusona kwa Telefone, isaha n`ibindi) ahubwo mbere yokuryama bwira ubwonko bwawe inshuro nyinshi ko uraza kubyuka ku isaha runaka maze nigera urahita wikangura ntakigombye gusona. Gukoresha ubu buryo bizakurinda gushikagurika no kudasinzira neza bitewe n`ubundi buryo wakoresheje ngo bukubyutse arinabyo uzasanga byakunanije kurutaho.

Inama ya 4: Imenyereze gukora ka siporo igihe ubyutse

Si itegeko kwiruka ahantu harehare cyangwa kumara amasaha mucyumba cy`imyitozo. Ushobora gufata nibura iminota 5 ukananura umubiri kugirango amaraso atembere neza mumubili ndetse n`ingingo zitandukanye zikanguke maze ububili wose wongererwe imbaraga.

Inama ya 5: Kora urutonde rw`ibyagushimishije n`ibyagenze neza

Mugihe umunsi wawe urangiye; nibyiza gukora urutonde rw`ibyagushimishije ndetse n`ibyakugndekeye neza. Ibi bizagufasha mugushyira imbaraga kunzira wanyuzemo ngo ubigereho aho gutakaza umwanya utekereza ibyakubababaje n`ibyagenze nabi kuko ibi bishobora kuguca intege kumunsi ukurikiraho.







admin

Recent Posts

DRIVER JOB POSITION AT PMC FOR SFVCM PROJECT:DEADLINE:26.05.2024

  Job Title: Driver at PMC for SFVCM project. Company Name: PMC Location: Kigali –…

3 hours ago

Imyanya y`akazi igera ku 170 (A2,A1;A0,Master`s; Ubushofeli,…) mubigo no mumashami bitandukanye itararangiza ihigihe: Yegeranijwe kuwa 19/05/2024

Kanda kumwanya wifuza kudepozaho urebe amakuru yose ajyanye nawo: 50 Job positions of Call Centre…

20 hours ago

5 Job Positions at Project Accountant at Benishyaka | Kigali :Deadline: 04-06-2024

Click on the Job position of your choice for details: 2 Job Positions of Field…

23 hours ago

IT and communication Officer (under the project : AI and IoT Applied research commercialization through Incubation and Innovation Hub): Deadline:

4. APPLICATION PROCEDURE Interested and qualified candidates should submit their applications online to the following…

23 hours ago

ITANGAZO RYO KWEGURIRA URUGANDA RW’IMYUMBATI RW’AKARERE KA NGORORERO ABIKORERA: Deadline: 03/06/2024 Saa kumi n’imwe (17h:00) za nimugoroba

ITANGAZO RIHAMAGARIRA BA RWIYEMEZAMIRIMO GUPIGANIRWA URUGANDA RW’IMYUMBATI RW’AKARERE KA NGORORERO Mu rwego rwo gushyira mu…

23 hours ago

Data strategist and center manager (under the National Institute of Health Research (NIHR) Global Health Research Unit on Global Surgery : Deadline: 27/5/ 2024

JOB ANNOUNCEMENT FOR THE POSITION OF DATA STRATEGIST AND CENTER MANAGER (UNDER THE NATIONAL INSTITUTE…

23 hours ago

This website uses cookies.