Kibicishije kurukuta rwacyo rwa X, iki kigo cyagize kiti:
“Icyorezo cya Covid-19 ntikigeze gishira burundu, ariko ntikigihangayikishije: U Rwanda ruri mu bihugu bifite ubwirinzi buhagije, hagendewe ku mubare munini w’abakingiwe Covid-19.
Ubwiyongere bw’ibicurane biterwa na virusi ya influenza na Covid burasanzwe igihe cy’umukamuko (kuva mu itumba tujya mu Cyi).Dore ibyo kwitwararika:Gukomeza umuco w’ isuku.Gukaraba intoki kenshi.Kwirinda kwanduza abandi igihe ufite ibimenyetso by’ ibicurane.”














